Rayon Sports yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup nyuma y’imyaka 28

Imikino - 07/08/2026 8:25 PM
Share:

Umwanditsi:

Rayon Sports yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup nyuma y’imyaka 28

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cy’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 rihuza amakipe yo muri Afurika y'Iburasirazuba n'iyo Hagati nyuma y’uko yagiherukaga mu 1998.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Kanama 2026 saa Kumi n'Ebyiri muri Stade Amahoro ni bwo hakinwe umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026 yari imaze igihe ibera mu Rwanda.

Gor Mahia yo muri Kenya yatangiranye umukino amashagaga binyuze ku bakinnyi bayo barimo Sabuni Sirengo.

Ibi ariko ntabwo byatinze kuko ku munota wa 7 gusa Murera yabonye kufura iterwa neza na Iradukunda Elia Tatou gusa ba myugariro ba Gor Mahia bayishyira muri koroneri itagize icyo itanga.

Ku munota wa 18 Sharrif Sabuni Sirengo yarekuye ishoti riremereye ari inyuma y’urubuga rw’amahina ariko birangira rinyuze ku ruhande.

Ku munota wa 28 Rayon Sports yafunguye amazamu ku mupira wahinduwe na Nshimiyimana Emmanuel’ Kabange’ usanga Iradukunda Elia Tatou awushyira kwa Kameni Junior nawe awushyira mu izamu.

Nubwo Gor Mahia yinjijwe iki gitego ntabwo yahise iva mu mukino yakomeje kurwanyarwanya ishaka uko yakwishyura ariko igice cya mbere kirangira Rayon Sports ikiyoboye n’igitego 1-0.

Rayon Sports yaje mu gice cake impande zombi ubona zikina inyota ari yose mu gushaka gutsinda. Bidatinze ku munota wa 52 Gor Mahia yakoze impinduka mu kibuga havamo Paul Ochuoga, Paul Okoth na Ebenezer Adu-kwaw hajyamo  Othieno Onyona, Ebenezer Assifuah na Stanley Omondi.

Ku wa 54 iyi kipe yo muri Kenya yahise yishyura ku gitego cya Sabuni Odhiambo Sharriff wari wagerageje guhera kare. Rayon Sports nyuma yo kwushyurwa yakoze impinduka mu kibuga havamo Iradukunda Elia Tatou hajyamo Muhoza Daniel.

Amakipe yombi yashatse igitego cy’intsinzi ariko kirabura iminota 90 y’umukino irangira ari 1-1 bituma hitabazwa iminota 30 y’inyongera.

Ntabyo gutinda ku wa 90+2 Muhoza Daniel yatsindiye Rayon Sports igitego cya kabiri cy’amateka. Yahawe umupira na Tambwe Gloire arihindukiza ahita awushyira mu nshundura.

Umukino warangiye Rayon Sports itsinze ibitego 2-1 ihita yegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026 nyuma y’uko yagiherukaga mu 1998 igikuye muri Zanzibar.

Rayon Sports yegukanye CEcAFa Kagame Cup nyuma y'imyaka 28


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...