Rayon Sports yasinyishije undi mukinnyi mushya ukomoka muri Niger-VIDEO

Imikino - 29/06/2026 7:13 AM
Share:

Umwanditsi:

Rayon Sports yasinyishije undi mukinnyi mushya ukomoka muri Niger-VIDEO

Rayon Sports FC ikomeje kwiyubaka yitegura umwaka w'imikino wa 2026/27, aho yatangaje ko yasinyishije umukinnyi mushya wo hagati ukomoka muri Niger, Ibrahim Djingarey, ufite imyaka 19 y'amavuko.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki ya 28 Kamena 2026, ni bwo Gikundiro yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyamba itangaza ko uyu musore yamaze kuba umukinnyi wayo mushya.Djingarey aje avuye muri US Gendarmerie Nationale, imwe mu makipe akina muri Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere muri Niger.

Nubwo akiri muto, amaze kwigaragaza nk'umwe mu bakinnyi bafite ejo hazaza heza, ndetse mu mwaka wa 2025 yatangiye no guhamagarwa mu Ikipe y'Igihugu ya Niger, Les Ménas.

Ni umukinnyi wa 10 Rayon Sports imaze kugura muri iri soko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi, ibintu bigaragaza ko ubuyobozi bw'iyi kipe bwiyemeje kubaka ikipe izahatana ku rwego rwo hejuru haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Uyu Munya-Niger asanze muri Rayon Sports abandi bakinnyi bashya barimo Atisso Kodjo ukomoka muri Togo, Nizeyimana Mubarak, Nkundimana Fabio, Charles Tchouplaou, Matumona Kanda Abbel, Nisingizwe Christian, Nshuti Didier, Muhoza Daniel na Ndayishimiye Didier.

Biteganyijwe ko azagera mu Rwanda tariki ya 5 z’ukwezi gutaha akazhita asanga abandi i Gicumbi aho Rayon Sports igiye gukorera imyitozo yitegura umwaka w'imikino wa 2026/27, aho izitabira amarushanwa akomeye arimo CECAFA Kagame Cup, CAF Confederation Cup, ndetse na BK Pro League.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...