Rayon Sports yasinyishije Nisingizwe Christian wakiniraga Mukura VS

Imikino - 06/06/2026 6:00 PM
Share:
Rayon Sports yasinyishije Nisingizwe Christian wakiniraga Mukura VS

Ikipe ya Rayon Sports yakomeje ibikorwa byo kwiyubaka mbere y’umwaka w’imikino wa 2026/27, itangaza ko yasinyishije umukinnyi wo hagati Nisingizwe Christian uzwi nka “Bebeto”, wakiniraga Mukura Victory Sports, amasezerano y’imyaka ibiri

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati afasha ba myugariro (defensive midfielder), yari amaze igihe ari mu biganiro na Rayon Sports kuva muri Mata 2026, mbere y’uko shampiyona ya 2025/26 irangira. Impande zombi zaje kumvikana ku buryo bwa nyuma, maze umukinnyi yemera kwerekeza muri Gikundiro nyuma yo gusoza amasezerano ye muri Mukura VS.

Nisingizwe yari umwe mu bakinnyi ngenderwaho ba Mukura VS, aho yari asanzwe abanza mu kibuga ndetse akagaragaza urwego rwiza mu gutanga ubufasha mu bwugarizi no kubaka umukino hagati mu kibuga. Imikinire ye irangwa no gusoma neza umukino, gutsindira imipira hagati ndetse no gufasha bagenzi be gutangira ibitero.

Amakuru agera kuri InyaRwanda avuga ko Rayon Sports yahaye uyu mukinnyi amafaranga angana na miliyoni 8 Frw nk’ayo kumusinyisha kugira ngo yemere kwerekeza muri iyi kipe ya mbara ubururu n'umweru.

Mbere yo kwerekeza muri Mukura VS, Nisingizwe Christian yanyuze muri Marine FC, aho yagaragaje impano yamufashije kuzamuka mu bakinnyi beza bakina hagati mu kibuga muri shampiyona y’u Rwanda.

Kwinjira kwe muri Rayon Sports bifatwa nk’inyongera ikomeye ku murongo wo hagati, mu gihe iyi kipe yitegura guhatanira ibikombe byo mu Rwanda no guhagararira igihugu mu marushanwa nyafurika cyane cyane CECAFA Kagame Cup 2026 itegerejwe i Kigali muri Nyakanga 2026.

Rayon Sports yasinyishije Nisingizwe Christian wakiniraga Mukura VS


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...