Rayon Sports yasinyanye amasezerano na Banki ya Kigali afite agaciro k’arenga Miliyari 5 Frw

Imikino - 17/07/2026 9:39 PM
Share:

Umwanditsi:

Rayon Sports yasinyanye amasezerano na Banki ya Kigali afite agaciro k’arenga Miliyari 5 Frw

Ikipe ya Rayon Sports yasinye ku mugaragaro amasezerano mashya y'ubufatanye n'Ikigo cy'Imari cya Banki ya Kigali (BK), azamara imyaka itanu n'igice aho afite agaciro k’arenga Miliyari 5 Frw.


Aya masezerano ashyira BK ku mwanya w'umufatanyabikorwa mukuru w'iyi kipe, aho ikirango cyayo kizajya kigaragara imbere ku mwambaro wa Rayon Sports.

Uyu muhango wabereye kuri Stade Amahoro witabirwa n'abayobozi b'impande zombi, barimo Perezida w'agateganyo wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, ndetse n'Umuyobozi Mukuru ushinzwe Serivisi z'Ikoranabuhanga n'Abakiliya ku Giti Cyabo muri BK, Désiré Rumanyika.

Mu gusobanura iby'aya masezerano, Murenzi Abdallah yavuze ko atagamije gutanga amafaranga gusa, ahubwo azafasha Rayon Sports kubona andi mafaranga binyuze muri serivisi nshya BK izashyira ku isoko zigenewe abakunzi ba Gikundiro.

Yagize ati: "Mu minsi yashize twaricaye turaganira nk'ikipe nkuru na banki nkuru mu myaka, kugira ngo turebe uko ubufatanye bwarushaho gutera imbere. BK ni ikigo kinini, twararebye turavuga ngo ni gute serivisi zayo twazigeza ku bakunzi ba Rayon Sports."

Yakomeje avuga ko ubufatanye bugiye guhindura ubushobozi bw'imari bw'iyi kipe.

Ati: "Ubufatanye tugiye kugirana ni ubufatanye bugiye guhindura ubuzima bw'amikoro muri Rayon Sports. Buzamara imyaka mu mpapuro, ariko turashaka ko buba burundu. Ku mafaranga yo kudutera inkunga, yaduhaye arenga miliyoni 170 Frw mu mezi atandatu ashize."

Murenzi yavuze ko nibura amafaranga Rayon Sports iteganya kuzajya yunguka buri mwaka atazajya aba munsi ya miliyari imwe y'amafaranga y'u Rwanda.

Yasobanuye kandi ko miliyoni 175 Frw ikipe yamaze guhabwa ari iz'amezi atandatu ashize, bityo ku mwaka amafaranga atangwa nk'inkunga yonyine akaba agera kuri miliyoni 340 Frw, mu gihe andi mafaranga azava mu ikoreshwa rya serivisi za BK zizaba zihuriweho n'ikirango cya Rayon Sports.

Mu rwego rwo guteza imbere ubu bufatanye, BK izashyira ku isoko serivisi zihariye zirimo Gikundiro Card, konti zisanzwe, iz'ubucuruzi n'izo kuzigama zifite ibirango bya Rayon Sports. Buri mufana uzajya akoresha izi serivisi, ikipe na yo izajya ibonamo inyungu.

Umuyobozi wa BK, Désiré Rumanyika, yavuze ko aya masezerano ari icyerekezo cyo kubaka ubufatanye burambye buzamura impande zombi.

Yagize ati: "Ubu bufatanye burenze gutera inkunga gusa. Ni ikimenyetso cy'icyizere. Banki ya Kigali yizera ko ejo hazaza ha Rayon Sports ari heza kandi twiyemeje gufasha iyi kipe kugera kure, haba mu rwego rw'imari no mu mikorere."

Yakomeje agaragaza ko ibiganiro byafashe igihe kugira ngo hubakwe umushinga uzatanga umusaruro mu myaka iri imbere.

Aya masezerano aje yiyongera ku yandi Rayon Sports isanzwe ifitanye n'abafatanyabikorwa batandukanye barimo Jayrutty Investment, Skol Brewery Ltd na Airtel Rwanda.

Mu mwaka w'imikino wa 2026/27, Rayon Sports iteganya gukoresha ingengo y'imari ya miliyari 2 Frw, aho ubuyobozi bwayo buvuga ko intego nyamukuru ari ukubaka ikipe ikomeye ishobora kwitwara neza muri CAF Confederation Cup, bityo ikabona ubushobozi burambye buturuka mu marushanwa ndetse n'ubufatanye n'abaterankunga.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...