Mu kiganiro yagiranye na Rayon Sports Plus, Murenzi yavuze ko abakunzi ba Rayon Sports bakwiriye kwishimira aho ikipe igeze nubwo yanyuze mu bihe bikomeye muri Shampiyona ya 2025/26.
Yagize ati: “Nk’abakunzi ba Rayon Sports, dukwiye kwishima biturutse k'uko twatangiye iyi Shampiyona ndetse n’igihe natwe nka komite y'inzibacyuho twagiriye mu nshingano. Ikipe yaranzwe no guhuzagurika mu batoza ndetse n’ihindagurika ry’abakinnyi.”
Perezida wa Rayon Sports yavuze ko kuba ikipe yarakoresheje abatoza bane mu mwaka umwe byagize ingaruka ku musaruro bifuzaga kugeraho.
Ati: “Muri Shampiyona imwe tugize abatoza bane. Twatangiranye na Afahamia Lotfi, ikomezanya na Aruna Ferouz, haza Bruno Ferry none ubu isojwe na Haringingo. Ibi birakwereka ko habayemo ibibazo.”
Murenzi kandi yavuze ko ubuyobozi bwagerageje gushaka ibisubizo hagati muri Shampiyona binyuze mu kongeramo abakinnyi bashya no kurekura abandi, kugira ngo ikipe yongere kubona umusaruro mwiza.
Yagize ati: “Twaguze abakinnyi ndetse hasohoka n’abandi kugira ngo dushakire hamwe umusaruro. Ndashimira ubwitange abakinnyi berekanye ndetse mpamya ko n’umusaruro dufite aka kanya ni bo tuwucyesha kuko bagize ibibazo byo guhindagurika kw’abatoza ariko ntibacitse intege nubwo twanganyije imikino myinshi.”
Kuri ubu, Rayon Sports iracyari mu rugamba rwo gushaka umwanya wa kabiri muri Shampiyona, aho ihanganye na Kiyovu Sports banganya amanota 52. Gusa Gikundiro iracyafite umukino w’ikirarane izahuramo na Bugesera FC.
Murenzi Abdallah uyobora Rayon Sports yatangaje ko ikipe y'uyu mwaka yaranzwe no guhuzagurika mu batoza n'abakinnyi
