Rayon Sports yakura ubutatu muri Mukura? Uwumukiza Obedi, Elie Tatou na Sackey bifuzwa mu Nzove

Imikino - 27/01/2026 9:44 AM
Share:
Rayon Sports yakura ubutatu muri Mukura? Uwumukiza Obedi, Elie Tatou na Sackey bifuzwa mu Nzove

Ikipe ya Rayon Sports iri mu rugamba rwo gukura abakinnyi batatu muri Mukura barimo myugariro w'iburyo Uwumukiza Obedi, umukinnyi wo hagati Joseph Sackey na rutahizamu uca ku mpande Iradukunda Elie Tatou.

Rayon Sports yatangiye ibiganiro na Mukura VS bigamije kubona abakinnyi batatu barimo myugariro w’iburyo Uwumukiza Obed, rutahizamu ukina ku ruhande Iradukunda Elie Tatou, ndetse n’umukinnyi wo hagati yugarira Joseph Sackey. Amakuru yizewe avuga ko Rayon Sports yageze i Huye isaba aba bakinnyi bose uko ari batatu, aho ibiganiro byatangiye ku mugaragaro.

Si ubwa mbere Rayon Sports yifuje aba bakinnyi kuko Obedi yamwifuje mu mpeshyi ya 2025 mbere y'uko Shampiyona y'uyu mwaka itangira. Kugeza ubu amakuru InyaRwanda yamenye ni uko Rayon Sports yamaze kumvikana na Obedi usigaranye amezi 5 haba ku byo azahembwa ndetse n'amasezerano y'imyaka ibiri n'igice ari umukinnyi wa Gikunduro.

Amakuru aturuka mu nshuti z'umukinnyi Obedi ni uko we yamaze kwizera ko agomba no gukinira Rayon Sports ndetse yatangiye no gutegura uko agomba kubaho i Kigali n'intego yifuza gukorana n'iyi kipe.

Kimwe mu bintu byakuruye Obedi ni uko yizeye ko Rayon Sports izamufasha kwerekana ubushobozi bwe bwo gukina no kumugaragaza neza ku rwego Mpuzamahanga n'ikipe y'Iguhugu "Amavubi" yitegura gukina imikino ya FIFA Series izakina mu Rwanda muri Werurwe 2026.

Rayon Sports yaciwe na Mukura miliyoni 15 frw hanyuma ikivuganira na Obedi, abahagarariye umukinnyi babwiye Gikundiro ko igomba kwishyura miliyoni 10 frw kugira ngo Uwumukiza Obedi ashyire umukono ku masezerano.

Kuri Iradukunda Elie Tatou

Rayon Sports yongeye kwifuza Elie Tatou nyuma yaho ayitsinze igitego cy'umupira w'umuterakano (Coup Franc) mu mukino usoza imikino ibanza ya Rwanda Premier League banganyijemo igitego 1-1.

Elie Tatou afite amasezerano y'umwaka n'igice muri Mukura, Rayon Sports ivuga ko mu gihe Mukura Victory Sports yagabanya igiciro cy'uyu mukinnyi yagurwa, bivugwa ko Elie ugifite amasezerano afite agaciro kari hagati ya miliyoni 15 na 20 frw ku ikipe yakwifuza kumugura ubu.

Kuri Joseph Sackey

Rayon Sports irifuza Joseph Sackey nk'umusimbura wa Ndayishimiye Richard wagiye mu igeragezwa muri  Uzbekistan mu ikipe ya PFC Navbahor. Si ubwa mbere  Joseph Sackey yifujwe na Rayon Sports kuko yamushatse mbere yuko yerekeza muri Mukura VS.

Kuri ubu Sackey afite amasezerano y’umwaka n’igice nubwo kumusinyisha bigoye, ibiganiro biracyakomeje kandi biri ku rwego rwiza n'uyu mukinnyi ukomoka muri Ghana.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...