Rayon Sports WFC yihoreye kuri Police itangira gukoza imitwe y’Intoki ku gikombe cya shampiyona

Imikino - 25/03/2026 4:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Rayon Sports WFC yihoreye kuri Police itangira gukoza imitwe y’Intoki ku gikombe cya shampiyona

Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore yihoreye kuri Police iyitsinda igitego 1-0 ihita itangira gukoza imitwe y’Intoki ku gikombe cya shampiyona.

Ni mu mukino wo ku munsi wa 19  wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu bagore ‘Rwanda Women Super League’ wakinwe kuri uyu wa Gatatu saa Munani mu Nzove.

Gikundiro yari yaje kuri uyu mukino ishaka kwihorera dore ko mu mukino waherukaga kubahuza na Police yari yarabatsinze. Ikipe zombi zari zakaniye uyu mukino dore ko uwari kuwutsinda  byari kumuha ijambo rikomeye ku gikombe.

Byarangiye Rayon Sports WFC yitwaye neza itsinda igitego 1-0 cya Umwariwase Djuda ku munota wa 90+3. Rayon Sports yahise iyobora urutonde rwa shampiyona n’amanota 54 ikaba irusha Police WFC amanota 3 mu gihe habura umukino umwe ngo shampiyona irangire.

Bivuze ko iyi kipe yambara ubururu n’umweru kugira ngo yegukane igikombe cya shampiyona bisaba ko izanganya umukino ifitanye na Muhazi. Ni mu gihe Police FC yo izakina na Inyemera.

Rayon Sports WFC mu nzira zo kwegukana igikombe cya shampiyona ku nshuro ya Gatatu yikurikiranya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...