Rayon Sports yanganyije na Azam, Sekle Yao Zico wari uhanzwe amaso yakinnye iminota 5

Imikino - 08/08/2014 9:40 PM
Share:
Rayon Sports yanganyije na Azam, Sekle  Yao Zico wari uhanzwe amaso yakinnye iminota 5

Ikipe ya Rayon Sports FC inganyije na Azam FC yo mu gihugu cya Tanzaniya 0-0 mu mukino wa mbere ari na wo wafunguye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2014 riri kuba ku nshuro ya 40.

Umukino watangiye saa 5.00pm ariko utangira amakipe yombi asa naho akiri kwigana kuburyo byagoranaga kubona amakipe yombi atera mu izamu. Ibi byaje gutuma igice cya mbere kirangira ari 0-0.

Mu gice cya 2 amakipe yombi yatangiranye ingufu nyinshi ashaka intsinzi ariko biranga. Azam yagiye ibona uburyo butandukanye ariko abasore nka John Rafael Bocco wari wambaye nimero 19 ari nawe kapiteni na nimero 10 Kipre Herman Tche Tche ntibabasha kuyabyaza umusaruro usibye umupira umwe Kipre Herman Tche Tche yateye ukagarurwa n’ umutambiko w’ izamu.

Rayon Sports yari iri imbere y’ abafana bayo ntiyashoboye kubaha intsinzi n’ ubwo yari ifite abakinnyi 5 bashya harimo 3 babanje mu kibuga aribo Tubane James, Yossa Bertrand, Motombo Govin na Sekle Yao Zico yajemo asimbuye ariko ntagire icyo ahindura.

abafana

Tubane James wavuye mu ikipe ya AS Kigali, yagaragaje impinduka nyinshi cyane mu bwugarizi bwa Rayon Sports cyane ko yagiye abangamira Herman Tche Tche na John Rafael Bocco.

james

James Tubane yari yazengereje John Bocco wa Azam

Hategekimana Aphrodis bakunze kwita Kanombe winjiyemo asimbuye Uwambazimana Leon yagerageje guhindura umukino maze Rayon Sports itangira gusatira izamu ariko abasore nka Fuadi Ndayisenga, Motombo Govin, Sekle Yao Zico na Kambale Salita Gentil ntibabasha kuboneza umupira mu nshumndura za Azam FC.

Undi mukino wo mu itsinda A wabaye ukaba warangiye Atlabara yo muri Sudani y’Epfo inganyije na KMKM yo muri Zanzibar igitego 1-1 cyatsizwe Muhib Abdallah wa KMKM  ku munota wa 29 cyishyurwa na Mahame Haji Mugwali mbere yo kujya kuruhuka.

Rayon Sports ikazongera gukina ku cyumweru ihura na Adama City yo muri Ethiopia ku isaha ya saa 5.00 ariko ikazakorera  imyitoza ku kibuga cya FERWAFA saa 10.00 kugeza saa 11.30.

azam

Abakinnyi babanje mu ikipe ya Azam

Usibye iyi mikino yo mu itsinda A yabaye habaye undi mukino wo mu itsinda B wahuje ikipe ya  Gor Mhia yo muri Kenya na KCCA  yo muri Uganda maze urangira ari ibitego 2-1 bya KCCA.

bishyura

Gor Mahia itozwa na Bobby Williamson wanatoje ikipe y’ igihugu ya Uganda ariko ubu akaba yaramaze kwemezwa nk’ umutoza w’ ikipe y’ igihugu ya Kenya, niyo yafunguye amazamu ariko igitego kiza kwishyurwa ku munota wa 51 n’ umusore Brian Majwega winjiye asimbuye .

mahia

Gor Mahia n'ubwo yabanje igitego, yaje kwigaranzurwa na KCCA aba ariyo itahana amanota 3 ya mbere mu itsinda B

Nyuma y’ ikiruhuko Brian Umoy yahise atsinda ikindi gitego cya 2 ku ruhande rwa KCCA yanarushije cyane ikipe ya Gor Mahia mu gice cya 2 maze umukino urangira ari ibitego 2-1 bya KCCA ihita iyobora itsinda mu gihe itegereje ikizava mu mukino uzahuza ikipe ya APR FC na Atletico y’i Burundi.

abakinnyi

Aha, abasore b'ikipe ya KCCA bishimiraga igitego cyabo cya Kabiri

Alphonse M.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...