Iyi ndirimbo "Sembera" irimo ubutumwa
bw’urukundo aho aba aririmbira umukobwa ko amukunda kandi ko bazahorana iteka
ryose. Ati: “Sinabasha kuryama utari iruhande rwanjye.”
Uretse kuba ari indirimbo wakwifashisha
uyitura umukunzi wawe, wacuranga mu bukwe, Ramba Sol avuga ko ikaramu ye
itashize ndetse ko imirya y’imbyino igize iyi ndirimbo hari abayikora benshi
kandi bafite ubushake.
Aha yashakaga kuvuga ko uretse iyi
ndirimbo “Sembera” azakomeza gukora izindi nyinshi kandi nazo zizaba zifite
umudiho mwiza cyane kuko hari abatunganya imiziki kandi beza.
Yagize ati: “Nta bitangaza murabona.
Iyi ndirimbo yakunzwe cyane cyane n’abantu bafite abakunzi, ariko ndagira ngo
nkubwire ko ikaramu itashizemo umuti kandi ko n’abakora beats ntaho bagiye.
Mwitege ibitangaza.”
Uyu muhanzi uri mu beza bari kuzamuka mu Rwanda magingo aya, yifashishije Producer Murilo kuri iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi hanyuma mu mashusho hagaragaramo umukobwa w’umuzungu witwa Antonia coutes.


Ramba Sol yashyize hanze indirimbo nshya yise "Sembera"
Reba amashusho y'indirimbo "Sembera"
