Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, R. Tuty yavuze ko azagera i Kigali mu
ntangiriro za Nzeri 2025, aho azaba aje gukora ku ndirimbo nshya, gutunganya
izo asanganywe ndetse no gutegura amashusho yazo ku rwego ruhanitse.
Yagize
ati: "Sinabonye umwanya uhagije wo kwamamaza ibihangano byanjye bitewe
n’uko nahise njya mu mahanga, ariko ibyo ntibivuze ko ntakoze umuziki mwiza.
Indirimbo zanjye ziri hanze, ziryoshye kandi zifite ubutumwa."
R.
Tuty yavuze ko kimwe mu byo yiteze kuri uru rugendo ari ukongera guhura
n’itangazamakuru ryo mu Rwanda, akamurikira abakunzi be ibikorwa byinshi yakoze
kuva yajya mu mahanga.
Avuga
ko azanye n’inyota yo gufasha abahanzi bakizamuka, aho azahitamo bamwe mu
bahanzi nyarwanda azakorana nabo ndetse akababera ‘Manager’.
Ati:
"Nshaka gutangira gahunda yo kujya ngaruka mu Rwanda nibura kabiri mu
mwaka, nkorere hano indirimbo zifite amashusho meza, nunganire abahanzi bashya
mu muziki wabo."
R.
Tuty yaherukaga mu Rwanda mu 2015, ubwo yari aje gutunganya Album yise ‘Umunyuramutima’,
yakorewe na Junior Multisystem na Producer Fazzo. Nyuma yaho, yahise yerekeza i
Burayi akomeza ibikorwa bye by’akazi n’imiziki.
Uyu
muhanzi uzwi mu ndirimbo nka ‘Idini y’Ifaranga’, avuga ko akumbuye cyane
igihugu cye, inshuti, abavandimwe n’imikorere ya muzika yo mu Rwanda.
Yemeza
ko abahanzi nyarwanda bateye imbere bidasanzwe, kandi ko ari igihe cyiza kuri
we cyo kongera kubagaragariza impano ye.
Yemeza
ko mbere yo gufata indege agaruka i Kigali, yateguye indirimbo nyinshi zirimo
izo azatunganyiriza mu Rwanda. Yavuze ko yamaze kuvugana n’aba Producer barimo
Fazzo, ndetse ngo hari n’abandi bazamufasha kongeramo uburyo bushya bwo
gutunganya umuziki.
Ati:
"Ubu ntibimeze nka kera aho wasangaga Producer agukorera ‘beat’
ukayiririmbaho uko bimeze. Ubu hari imikorere igezweho kandi nayo ngiye
kwifashisha."
Mu
rugendo rwe, R. Tuty azanasura ibigo by’amashuri yizeho birimo Saint-André na
Saint-Famille, mu rwego rwo kongera guhura n’ahantu hafatiye runini ubuzima
bwe.
R.
Tuty mu myiteguro yo kugaruka i Kigali nyuma y’imyaka 10 – agiye guhurira n’abakunzi
be mu rugendo rudasanzwe
“Nkumbuye u Rwanda n’abarwo,” R. Tuty ubwo
yatangazaga gahunda yo gusubira i Kigali muri Nzeri 2025
R.
Tuty agiye gusangiza Abanyarwanda umuziki mushya yakoze hanze, aniyegereza
itangazamakuru
R.
Tuty yizeye kongera gukundwa mu Rwanda binyuze mu ndirimbo zifite amashusho
meza no gufasha impano nshya
Nyuma
yo kumenyekana mu ndirimbo nka ‘Idini y’Ifaranga’, R. Tuty arashaka kongera
kubaka izina mu Rwanda
KANDA
HANO WUMVE INDIRIMBO ZIRI KURI ALBUM YA R TUTY YO MU 2018
KANDA
HANO WUMVE INDIRIMBO ZIGIZE ALBUM ‘IDINI Y’IFARANGA’