R. Kelly ari gukorwaho iperereza rishya muri gereza

Imyidagaduro - 17/02/2026 7:48 AM
Share:

Umwanditsi:

R. Kelly ari gukorwaho iperereza rishya muri gereza

Umuhanzi w’umunyamerika wamenyekanye mu njyana ya R&B, R. Kelly, ari gukorwaho iperereza rishya muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, ni nyuma yo gusanganwa nimero ya telefone y’uwahoze ari umuyobozi wa gereza, yanditse mu gitabo cye, mu kigo afungiyemo cyo muri Leta ya North Carolina.

R. Kelly, wamamaye mu ndirimbo zitandukanye ariko akaza guhamywa ibyaha bikomeye birimo gukoresha umutungo mu buryo bwa ruswa, no gukoresha abana mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina, ubu ari kurangiza igifungo kirekire yahawe n’inkiko za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Nk’uko byatangajwe n’umwunganira mu mategeko, Me Beau Brindley, iki kibazo cyatangiye ubwo R. Kelly yinjiraga muri gahunda ya gereza igamije gufasha no kuyobora abandi bagororwa. Iyi gahunda yari iyobowe n’uwari umuyobozi wa gereza ya FCI Butner Medium I mbere y’uko ajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

TMZ yanditse ko mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, uwo muyobozi yahaye R. Kelly nimero ye bwite ya telefone igendanwa kugira ngo azayifashishe mu kuyobora no gufasha abandi bagororwa bari muri iyo gahunda.

Nyuma, ubuyobozi bwa gereza bwaje gusanga iyo nimero yanditse mu gitabo cya R. Kelly. Muri icyo gihe kandi, uwo bari basangiye icyumba yafashwe afite telefone igendanwa itemewe muri gereza.

Ibi byatumye hafungurwa iperereza ku mutekano wa gereza, R. Kelly ahita yimurirwa mu gice cyihariye kizwi nka “Special Housing Unit” (SHU), aho abagororwa bashyirwa mu kato.

Urwego rushinzwe imfungwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (Federal Bureau of Prisons) rwanze kugira icyo rutangaza ku byerekeye impamvu nyakuri z’iri perereza cyangwa impamvu R. Kelly yimuriwe muri icyo gice cyihariye, ruvuga ko rutavuga ku bijyanye n’umutekano w’abagororwa ku giti cyabo.

R. Kelly ari kurangiza igifungo yahawe mu manza zitandukanye zabereye i New York no i Chicago. Mu rubanza rwa New York, yakatiwe igifungo cy’imyaka 30 azira ibyaha binyuranye n’ibindi byaha bifitanye isano no gukoresha abana mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina, anahabwa ibindi bihano mu rubanza rwabereye i Chicago.

Kugeza ubu, iperereza rirakomeje, naho R. Kelly akaba akiri mu gice cyihariye cya gereza mu gihe ubuyobozi bukomeje gusuzuma uko nimero y’uwahoze ari umuyobozi wa gereza yageze mu maboko ye. Nta byaha bishya biratangazwa kuri we kugeza ubu.

Ku wa 30 Kamena 2022, nibwo Robert Sylvester Kelly [R. Kelly] yakatiwe gufungwa imyaka 30 kubera gukoresha ubwamamare bwe agakorera abana n'abagore ihohotera rishingiye ku gitsina. 


R. Kelly yashyizwe mu kato muri gereza nyuma yo gusanganwa nimero ya telefone y’umuyobozi wahoze ari mu kiruhuko cy’izabukuru, aho hatangiye iperereza


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...