Prosper Nkomezi yamuritse Album yahize izindi zose mu Rwanda, kuko yaguzwe arenga Miliyoni 31 Frw –AMAFOTO

Imyidagaduro - 24/10/2025 11:20 PM
Share:

Umwanditsi:

Prosper Nkomezi yamuritse Album yahize izindi zose mu Rwanda, kuko yaguzwe arenga Miliyoni 31 Frw –AMAFOTO

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi yamuritse ku mugaragaro Album ye ya kane yise “Warandamiye”, ikubiyemo indirimbo icyenda zirimo izo yakoranye n’abaramyi bakomeye barimo Israel Mbonyi, Gentil Misigaro, na Pastor Lopez.

Ni igitaramo cyahuriyemo abantu b’ingeri zinyuranye barimo abashumba, inshuti, imiryango ndetse n’abakunzi b’ibihangano bye, cyabaye mu masaha ya nimugoroba kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Ukwakira 2025 kuri Ubumwe Hotel, cyaranzwe n’ibihe by’amasengesho, kuririmba no gushima Imana ku rugendo rw’imyaka icyenda amaze mu muziki.

Cyitabiriwe n’abarimo Nshuti Divine Muheto wabaye Miss Rwanda 2022, Israel Mbonyi, Umushumba Mukuru w'Itorero Calvary Wide Fellowship Ministries, Apotre Sebagabo Christophe, Visi Perezida wa Zion Temple ku Isi, Pastor Kanyangoga Jean Bosco, Mugisha Emmanuel ‘Clapton Kibonge’ n’umugore we, umukinnyi wa filime Valens wamamaye nka ‘Papa Rukundo’ muri filime ‘Impanga’ ari nawe wayoboye iki gitaramo n’abandi.

Nkomezi yasobanuye ko iyi Album yise “Warandamiye” ari urwibutso rw’ibihe by’amasengesho yanyuzemo, ndetse n’ukuntu Imana yakomeje kumuba hafi mu rugendo rwe.

Yagize ati “Zimwe mu ndirimbo ziri kuri iyi Album zishingiye ku by’iyerekwa nagiye ngira, zikagaragaza uburyo Imana yambaye hafi mu bihe byari bigoye. Ni Album nanditse nshingiye ku Byanditswe Byera, kandi buri ndirimbo ifite ishingiro muri Bibiliya.”

Apotre Segabo Christophe mu butumwa yatanze, yashimye urugendo rwa Nkomezi avuga ko Imana ikomeje kumukoresha mu buryo budasanzwe.

Yagize ati “Mu buzima biroroshye kubona uguteruza ibiri mu biganza, ariko ntibyoroshye kubona uguteruza ibiri mu mutima. Nkomezi ni umuntu ufite umutima wicisha bugufi, kandi Imana imukoresha mu buryo bwihariye.”

Apotre Sebagabo Christophe yongeyeho ko Nkomezi yagaragaje ubwitange bukomeye mu Itorero Calvary Wide Fellowship Ministries, kuva igihe batangiriye kugeza n’uyu munsi.

Album yaguzwe amafaranga yarenze ayo zindi zose zagurishijwe mu Rwanda

Mu gikorwa cyaranzwe no gutanga inkunga, imiryango n’inshuti ze bishyize hamwe bagura Album ye ku giciro cyarenze ayo zindi zose zigeze kugurishwaho mu mateka y’abaramyi bo mu Rwanda, Miliyoni 31 n’ibihumbi 500 Frw.

Abatanze amafaranga barimo: Family Byiringo François Regis: 2,000,000 Frw, Family ya Shema: 2,000,000 Frw, Family imwe: 2,500, 000 Frw, Wilson uyobora wa Sensitive Ltd: 3,000,000 Frw, Nina: 1000 $ (asaga Miliyoni 1,300,000 Frw), Mushiki we: 1000 $, Albert: 1,000,000 Frw;

Director Musinga: 1,000,000 Frw, Pastor Jean Bosco: 500,000 Frw, Pastor Odette Mutoni: 500,000 Frw, Family Geoffrey Zawadi: 500,000 Frw, Steven n’umugore we: 500,000 Frw, Clapton Kibonge: Miliyoni 1 Frw, Umuryango wa Gasangwa: 500,000 Frw, Umuryango wa Ndamage: 500,000 Frw

N’abandi benshi batandukanye barimo na Israel Mbonyi watanze inkunga ye ariko itavuzwe umubare.

Prosper Nkomezi yavuze ko atazibagirwa urukundo yagaragarijwe kuri uwo munsi. Yagize ati “Munyemerere mbashimire mwese. Sinzi icyo nabitura, ariko nzabizi ko ibyo mwakoze Imana izabihinduramo umugisha mwinshi mu buzima bwanyu.”

Mu gihe igitaramo cyari kigeze ku musozo, inshuti n’abavandimwe be bamutunguriye kumwifuriza isabukuru y’amavuko, bikarushaho gutuma iki gikorwa kiba icy’ibyishimo n’amarangamutima akomeye.

Nkomezi yahaye ibihembo n’impano abantu batandukanye bagize uruhare rukomeye mu rugendo rwe rwa muzika.

Israel Mbonyi yahawe igikombe nk’ikimenyetso cy’ishimwe kubera uruhare rwe mu gutera imbere kwa Nkomezi. Bruce Higiro, wakoze Album ye ya mbere ndetse n’iyi ya kane, yashimiwe by’umwihariko.

Abandi bahawe ibihembo barimo Pastor Gasangwa Emmanuel, Jose Ingabire, Mama Kaliza, Director Musinga, n’abandi. Nkomezi yanahaye inka mukuru we Frank, amushimira kuba yaramubaye hafi kuva yatangira umuziki.

Mu gihe amaze imyaka icyenda mu muziki, Prosper Nkomezi yanditse amateka mashya, kuko Album ye ya kane “Warandamiye” ari yo Album yigeze kugurishwa amafaranga menshi kurusha izindi zose z’abaramyi mu Rwanda, igera kuri Miliyoni 31 n’ibihumbi 500 Frw.

Yasoje avuga ati: “Ibi ni ibihe ntazibagirwa. Imana niyo yabikoze, kandi ibyo mukora byose mbifata nk’umugisha ku buzima bwanjye.” Album ye iciye kuri Album ya Bruce Melodie yaguzwe Miliyoni 26 Frw.

Prosper Nkomezi ari ku rubyiniro aririmbira Imana n’umutima wose, umwanya wahindutse isengesho rihumura imitima


Ubwo indirimbo “Warandamiye” yageraga ku musozo, abari aho bose bahagurutse, bahimbaza Imana bafatanyije na Nkomezi 

Ku rubyiniro, yicishaga bugufi ariko akavuga amagambo atuma buri wese yibuka ko Imana idatererana abo yakunze 

Nkomezi Prosper yibukije abantu ko umuziki we ari uburyo bwo gusangiza isi ibyo Imana yamukoreye 

Amashyi, amarira n’amasengesho byahuriranye ubwo Prosper Nkomezi yageraga ku bihimbano bikomeye bya “Warandamiye” 

Urubyiniro rwabaye urusengero — Nkomezi yagaragaje ko umuramyi nyawe ataririmba gusa, ahubwo asenga binyuze mu ndirimbo 

Prosper Nkomezi yerekanye ko imyaka icyenda mu murimo w’Imana atari intambara, ahubwo ari inzira y’intsinzi n’ubudahemuka -Aha yari kumwe na Valens wayoboye igitaramo cye

Nkomezi yunze mu ijwi n’abaririmbyi be, baririmba indirimbo zubakiye ku rugendo rw’umukristo rufite icyizere-Aha yari kumwe n'abaririmbyi bamufashije 

Israel Mbonyi, umwe mu baramyi bafatanyije indirimbo kuri Album “Warandamiye”, yashyigikiye mugenzi we 

Pastor Segabo Christophe: “Nkomezi afite umutima wicisha bugufi, kandi Imana ikomeje kumukoresha mu buryo budasanzwe.”

 Album “Warandamiye” yanditse amateka nk’iyaguzwe amafaranga menshi kurusha izindi mu Rwanda, kuko yaguzwe Miliyoni 31 n’ibihumbi 500 Frw 

Inshuti n’abavandimwe batunguranye Nkomezi bamwifuriza isabukuru y’amavuko, mu ijoro ryasize amateka mu muziki wo kuramya

Prosper Nkomezi ari kumwe na Miss Nshuti Divine Muheto wamushyigikiye cyane mu ikorwa ry'indirimbo za Album ye

Nkomezi: “Iyi Album yanditse ubuhamya bw’ubuzima bwanjye. Ni ukuri k’uko Imana yambaye hafi mu bihe byose

Miss Nshuti Divine Muheto [Uri iburyo] yagiriye ibihe byiza mu gitaramo cyo kumurika Album ya Prosper Nkomezi

Abarimo Rugaju Reagan, umunyarwenya Samu ndetse na Clapton Kibonge mu gitaramo cya Prosper Nkomezi

Prosper Nkomezi yashimye Pasiteri Christophe Sebagabo washyigikiye ivugabutumwa rye kuva bamenyanya

Clapton Kibonge yashyigikiye Prosper Nkomezi mu kumurika Album ye ya kane yise 'Warandamiye'

Jonathan Niyomugaba ukora muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, yitabiriye igitaramo cya Prosper Nkomezi

Prosper Nkomezi yashimye umushumba we umushyigikira mu murimo we, kandi akamuha kwisanzura mu gukora ibihangano





Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...