Iyi
Album izasohoka ku itariki ya 23 Ukwakira 2025, ikazaba igizwe n’indirimbo
icyenda zirimo umunani zisanzwe n’indi imwe yitwa Haribyiringiro iri ku mwanya
wa cyenda nk’indirimbo y’inyongera (Bonus Track).
Mu
ndirimbo ziyigize harimo izihamya ubufatanye bukomeye, nk’iyo yise ‘Hembura
Mwami’ yahuriyemo na Gentil Misigaro, ndetse n’indi yise Umusaraba yakoranye na
Israel Mbonyi. Hari kandi indirimbo ‘Sinziganyira’ yahuriyemo na Pastor Lopez. Hariho
kandi indirimbo: Ntujyuhinduka, Itegure, Witwa Jambo, Ntukoza Isoni, ndetse na Erega
Sinjy’Uriho
Album
Warandamiye izajya ahagaragara ku mbuga zicururizwaho umuziki zigezweho zirimo
Spotify, Apple Music, Audiomack, Tidal, YouTube, iTunes, na Deezer.
Iyi
Album itegerejwe n’abatari bake mu bakunda umuziki wa Gospel, cyane ko izanye
ihuriro ry’abahanzi b’injyana imwe ariko bafite uburyo bwihariye batunganya
umuziki, ndetse n’amazina yabo akomeye ku rwego mpuzamahanga.
Iyi
ni Album ya gatatu ya Prosper Nkomezi, iba ikurikiye Sinzahwema na Ibasha
gukiza zatumye izina rye rirushaho kumenyekana mu ruhando rw’abahanzi bahamye.
Prosper
Nkomezi ayvuze ko afite ishimwe rikomeye ku ba Producer n’abacuranzi ba gitari
bamufashije mu ikorwa ry’iyi Album barimo nka Ishimwe, Bruce Higiro, Sammy Pro,
Musinga n’abandi. Ariko kandi yanashimye abahanzi bagenzi be nka Israel Mbonyi,
Gentil Misigaro, na Pasiteri Lopez bamushyigikiye mu ivugabutumwa kuri iyi
Album.
Prosper
Nkomezi aherutse kubwira InyaRwanda, ko asanzwe afitanye umubano udasanzwe na
Israel Mbonyi, ndetse amusobanura nk’umuntu afatiraho urugero.
Ati
“Mbonyi mufata nk’umuvandimwe mukuru. Iyo mbaye nkeneye inama ndamwegera. Ni
umugabo w’Imana w’umunyamwuga. Naramwegereye ndamubwira nti ‘igihe kirageze’,
maze yemera gukorana nanjye. Ndabizi ko abantu bazabikunda, kuko ni indirimbo
ivuye ku mutima,”
Mu gihe cy’imyaka
icyenda amaze mu muziki. Ahamya ko mu byo yanyuzemo harimo ubuhamya bukomeye
bw’ubuzima bwe, ndetse ko buri ndirimbo ayubatseho kugira ngo buri wese uyumva
azayisangemo.
Ati
“Ni ubuhanzi bushingiye ku buzima bwanjye, ariko n’abandi bashobora
kubwiyumvamo. Buri muntu azasanga igice cy’ubuzima bwe kuri iyi Album. Imana
yanyigishije byinshi, ko iyo ikigufiteho umugambi, iragukomeza, kabone n’iyo
byaba bigoye,”
Uretse iyi Album nshya Warandamiye, Nkomezi avuga ko afite indi gahunda ndende yo gusohora indi Album mu mwaka wa 2026, ikazaherekezwa n’igitaramo gikomeye, nk’uko biri muri gahunda yihaye. Ati “Ubu umutima wanjye uri kuri Warandamiye, ariko no mu mwaka utaha hari indi Album izaza, tuzayishyira ahabona mu buryo bugezweho, binyuze no mu gitaramo kizaba kinini.”
Prosper
Nkomezi yatangaje ko yiteguye gushyira hanze Album yihariye yahuriyemo n’ibyamamare
bikomeye muri Gospel Nyarwanda
Umusaraba’
ya Israel Mbonyi na Prosper Nkomezi, ni imwe mu ndirimbo zitezweho guhembura
imitima y’abakunda umuziki wa Gospel
Nkomezi
avuga ko asanzwe afitanye umubano mwiza na Israel Mbonyi byagejeje ku gukorana
indirimbo
Gentil
Misigaro yatanze umusanzu we mu ndirimbo ‘Hembura Mwami’ iri kuri Album ya
Prosper Nkomezi
Pasiteri Lopez wo mu Burundi wakoranye indirimbo na Prosper Nkomezi kuri Album ye
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'WITWA JAMBO' YA PROSPER NKOMEZI