Prosper Nkomezi yahaye ibikombe abarimo Israel Mbonyi, agabira inka mukuru we - AMAFOTO

Imyidagaduro - 25/10/2025 11:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Prosper Nkomezi yahaye ibikombe abarimo Israel Mbonyi, agabira inka mukuru we - AMAFOTO

Mu ijoro ryuzuye ibyishimo n’umunezero, umuramyi Prosper Nkomezi yanditse indi paji nshya mu rugendo rwe rw’imyaka icyenda amaze mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Ni mu gitaramo cyabereye muri Ubumwe Grande Hotel mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Ukwakira 2025, ubwo yamurikaga Album ye ya kane yise “Warandamiye”, yegurira Imana anashimira abantu bamubereye inkingi mu rugendo rwe rwose.

Nk’uko byari byitezwe, Prosper Nkomezi ntiyakoze iki gitaramo nk’ikirango gusa cy’indirimbo nshya, ahubwo yagihinduye umwanya wo kwitura abantu bamufashije kugera aho ageze.

Mu buryo butunguranye, yahaye ibikombe 13 abantu n’inzego yita “abamubaye hafi mu rugendo rwe rwa muzika n’ubuzima bwo kuramya Imana.” Mu bashyikirijwe ibihembo harimo abayobozi, abavugabutumwa, n’abafatanyabikorwa b’ingenzi bagize uruhare mu rugendo rwe.

Barimo Johnson Karamuzi, Umuyobozi wa Advocates for Africa; Emmanuel Gasangwa, uyobora Holistic Consulting Center Ltd; Wilson Mugwema, Umuyobozi wa Sensitive Ltd, Pasiteri Edith Mutesi; Justin Ruziga; Josephine Ingabire; Regis Byiringiro wa Saltel, Willy Emmanuel, Director Musinga usanzwe ukora amashusho y’indirimbo ze, Rev. Ngarura Jean, Umushumba we muri Zion Temple, Israel Joshua, Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Producer Bruce Higiro, wakoze Album ye ya mbere n’iyi ya kane “Warandamiye” ndetse na Israel Mbonyi.

Mu buryo bwakoze ku mitima ya benshi, Prosper Nkomezi yashyikirije Israel Mbonyi igikombe cy’ishimwe, amwita umuvandimwe mu murimo w’Imana wamuteye imbaraga muri byinshi. Ati “Israel Mbonyi ni umwe mu bantu bambereye urugero mu gukunda Imana no gukomeza gukora umurimo wayo mu bwicisha bugufi. Imana yamunyujijemo byinshi byo kunyigisha.”

Israel Mbonyi, wari witabiriye iki gitaramo, yagaragaje ko yishimiye uru rwego rwa Nkomezi, amushimira ku bw’ubwitange n’ukuri amurikiramo ubutumwa bwe. Mbonyi ari mu bashyigikiye Prosper mu mishinga afite imbere akaba yamuhaye amafaranga atatangaje umubare kuko 'yayamwongoreye'.

Mu gikorwa cyabereye imbere y’abitabiriye igitaramo, Prosper Nkomezi yahagurutse ashimira umuryango we, by’umwihariko mukuru we, wamubereye inkomoko y’urukundo n’inkunga kuva kera. Mu buryo bwatunguye benshi, yamugeneye inka nk’ikimenyetso cy’ishimwe n’urukundo.

Yavuze ko iyi Album ye nshya “Warandamiye” ari ubuhamya bw’ubuzima bwe bwose. Zimwe mu ndirimbo ziri kuri iyi Album zirimo “Hembura Mwami” yakoranye na Gentil Misigaro, ‘Ntujyuhinduka”, “Itegure”, “Witwa Jambo”, “Umusaraba” yakoranye na Israel Mbonyi, “Ntukoza Isoni”, “Sinziganyira” yakoranye na Pastor Lopez, “Ntijya Ibeshya” ndetse na “Hari Ibyiringiro”.

Yagize ati: “Iyi Album ni inkuru y’ubuzima bwanjye. Ni uburyo bwo kuvuga ko Imana ari yo yandamiye, ikanankomeza mu bihe byose.”

Mu gihe abari muri Ubumwe Hotel bari mu byishimo n’amashimwe, Prosper Nkomezi yagaragaye ku rubyiniro afite amarangamutima akomeye. Yabaye umwanya wo gusenga, kuririmba no kwibutsa abari aho ko umuramyi nyawe aririmba Imana imukoresha, atari amajwi ye gusa.

Iki gitaramo cyasize amateka, nticyari icy’indirimbo nshya gusa, ahubwo cyabaye umwanya w’umutima, w’urukundo n’ubudahemuka hagati y’umuhanzi n’abantu bamufashije kuba uwo ari we uyu munsi.


Producer Bruce Higiro – Wakoze Album “Warandamiye” n’iya mbere ya Nkomezi. Ati “Imana yampuje n’umuntu uzi guha umuziki ubuzima”

Israel Mbonyi – Prosper Nkomezi yamuhaye igikombe cy’ishimwe kubera uruhare rwe mu rugendo rwe rw’umuziki n’ubumwe bwabo mu murimo w’Imana 

Mukuru wa Prosper Nkomezi – Nkomezi yamugeneye inka nk’ikimenyetso cy’urukundo n’ishimwe

Umuyobozi wa Sensitive Ltd, Wilson Mugwema ari kumwe n’umugore we, bakiriye igihembo bagenewe na Prosper Nkomezi, bamwizeza gukomeza kumushyigikira mu bikorwa bye by’umuziki

Director Musinga – Umuyobozi w’amashusho wa Nkomezi kuva ku ndirimbo ya mbere kugeza kuri Album “Warandamiye.” Ati “Ni we Imana yakoresheje ngo amagambo y’indirimbo abone isura.” 

Rev. Ngarura Jean – Umushumba we muri Zion Temple, wagiye amufasha mu rugendo rwo gukura mu mwuka. “Ni Data mu mwuka, umuyobozi wansabiye gukomeza kuba mu murimo mu kuri.”


Nkomezi yahaye igihembo Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, cyakirwa na Jonathan Niyomugaba. Yagaragaje ishimwe ku ruhare rw’iyi minisiteri mu guteza imbere impano z’abaramyi

Miss Nshuti Divine Muheto ari mu bashyigikiye Prosper Nkomezi ubwo yamurikaga Album ye ya Kane yise 'Warandamiye'


KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'UMUSARABA' IRI MU ZIGIZE ALBUM YA PROSPER NKOMEZI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...