Iyi
Album yagaragayemo indirimbo ebyiri bakoranye na Prosper Nkomezi, umwe mu
bahanzi b’icyitegererezo mu muziki wa Gospel mu Rwanda.
Album “Shimwa” yitezweho gukomeza gufasha benshi mu buryo bw’umwuka no mu butumwa bwo gushimira Imana.
Ifite indirimbo zirimo ubutumwa bw’ihumure, gushima, n’ukwizera,
byose byanditswe kandi bisohoka mu buryo bwo kuramya bujyanye n’igihe."
Ku
ikubitiro, Asaph Rubirizi yashyize hanze indirimbo “Shimwa”, ari nayo yitiriwe
Album ndetse yakoranye na Prosper Nkomezi. Ni Album yahaweho umwihariko, kuko
ari we muhanzi wenyine uri kuri iyi Album, ndetse bakoranyeho indirimbo ebyiri.
Ni indirimbo yuje amarangamutima n’ijwi rituje, irimo ubutumwa busaba abantu gushimira Imana mu bihe byose, yaba ibyiza cyangwa ibihe bigoye.
Mu
kiganiro bagiranye na InyaRwanda, bamwe mu baririmbyi ba Asaph Rubirizi bavuze
ko gukorana na Prosper Nkomezi byari inzozi zabo kuva kera, kuko ari umwe mu
baririmbyi baranzwe n’umurava n’umuhate kuva kera baririmbana.
Bati
“Kuba twongeye gukorana na Prosper ni igihamya cy’uko gukorera Imana bitagira
igihe cyangwa imbibi. Bavuze ko baririmbanye kera bakaba bishimiye kumubona
agaruka gufatanya nabo muri "uyu mushinga ukomeye.”
Album
“Shimwa” igizwe n’indirimbo zikurikira: Shimwa Ft. Prosper Nkomezi, Uhoraho, Ntayindinzira,
Ndagukeneye, Arankunda, Umugisha Ft. Prosper Nkomezi, Uramahoro wanjye, Twahawe
Imbaraga, ndetse n’inyongezo yitwa ‘Uri Umwizera’.
Izi ndirimbo zose zakozwe mu buryo bugezweho, aho amajwi n’amashusho byatunganyijwe na Asaph Rubirizi ifatanyije n’abahanga mu muziki w’ivugabutumwa.
Album
“Shimwa” yamuritswe mu gitaramo cy’imbaturamugabo cyabereye muri Zion Temple
Kabeza, aho abakunzi b’umuziki wo kuramya n’abo mu muryango mugari wa Zion
Temple baje gushyigikira iyi korali imaze imyaka 25 mu murimo
w’Imana.
Korali
Asaph Rubirizi imaze kuba izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza
Imana mu Rwanda, ndetse yamaze imyaka itari mike itegura uyu mushinga kugira
ngo uzajye hanze mu buryo bwuzuye.
Abayigize bavuga ko iyi Album ari intangiriro y’urugendo rushya rwo gukorera Imana mu buryo bufatika, hifashishijwe ubuhanzi n’ubutumwa bwiza.
Prosper
Nkomezi yifatanyije na Asaph Rubirizi mu ndirimbo “Shimwa”, ari nayo yitiriwe
Album yabo ya mbere
Abaririmbyi
ba Asaph Rubirizi mu gitaramo cyo kumurika Album “Shimwa” cyabereye muri Zion
Temple Kabeza
Album “Shimwa” igizwe n’indirimbo 8 na ‘Bonus’ yitwa “Uri Umwizera”, zose zishingiye ku gushimira Imana
Asaph
Rubirizi yashimye Imana nyuma y’imyaka 25 mu murimo
w’ivugabutumwa
“Shimwa”
na “Umugisha” — indirimbo ebyiri Prosper Nkomezi yaririmbyemo muri Album nshya
ya Asaph Rubirizi
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘SHIMWE’ ASAPH YAKORANYE NA PROSPER NKOMEZI