Prosper Nkomezi n’umugore we bakiriwe mu itorero muri Amerika

Imyidagaduro - 28/04/2026 6:28 AM
Share:

Umwanditsi:

Prosper Nkomezi n’umugore we bakiriwe mu itorero muri Amerika

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, ari kumwe n’umugore we Retina Mfurakazi, bakiriwe mu buryo bwihariye mu Itorero rya Shalom Covenant Church ryo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye kujya basengera no gukorera umurimo w’Imana.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 26 Mata 2026, kimara amasaha arenga atatu, kirangwa n’amasengesho, amagambo y’ihumure ndetse n’ashimwe menshi yaturutse kuri uyu muryango mushya.

Mu ijambo rye, Rev. Kiruhura Eugene, yagaragaje ibyishimo byo kwakira uyu muhanzi n’umuryango we, abifuriza imigisha mu rugendo batangiye muri Amerika.

Yagize ati: “Prosper turanezerewe cyane. Twishimiye kubakira muri Amerika no mu Itorero ryacu. Turabasabira umugisha, Imana izabakingurire imiryango itabasha gukingurwa n’umwana w’umuntu, kandi izabagirire neza mu gihe cyose muzamara muri iki gihugu.”

Mu mwanya wahawe umuryango ngo utange ubuhamya n’amashimwe, Retina Mfurakazi yashimye Imana ku buzima n’urugendo banyuzemo, cyane cyane ku bukwe bwabo bwabereye i Kigali mu mpera za Werurwe 2026.

Yagize ati: “Turashima Imana yadukoreye ubukwe bwiza, ikaturinda kuva mu myiteguro kugeza burangiye. Ikindi ndashima Imana ko ndi hano ndi kumwe n’umutware wanjye.”

Yanashimiye by’umwihariko abaturutse muri Amerika bagiye i Kigali kubashyigikira mu bukwe bwabo, avuga ko byabakoze ku mutima.

Ku ruhande rwe, Prosper Nkomezi wamamaye mu ndirimbo zirimo “Ibasha Gukora”, yavuze ko ashimira Imana yamukoreye ubukwe bwiza ndetse ikanamuha umugore mwiza, anashimira uburyo yakiriwe muri iri torero.

Yagarutse kandi ku rugendo rutoroshye yanyuzemo ashaka kubona Visa imwemerera kujya muri Amerika. Ati: “Ndashima Imana yamfashije kubona Visa. Hari igihe nayisabye inshuro eshanu bikanga, ariko Imana irabikora.”

Yongeyeho ko ukwizera k’umugore we kwagize uruhare rukomeye mu gufata icyemezo cyo gukora ubukwe batabushyize kure, kuko yari afite icyizere ko amahirwe azaboneka agahabwa Visa.

Ababyeyi ba Retina Mfurakazi nabo bagaragaje ibyishimo batewe n’urugendo rw’abana babo. Nyina yashimye Imana ku bw’ubukwe bwagenze neza n’uburinzi bagize, mu gihe se yavuze ko umukobwa we yamwise izina rifite ubuhanuzi, agaragaza icyizere afitiye uru rugo rushya.

Nyuma y’uyu muhango, abashumba batandukanye barimo na Aaron Ruhimbya wa Evangelical Restoration Church ku Kimisagara mu Mujyi wa Kigali, bahuje imbaraga basengera uyu muryango mushya, bawusabira umugisha n’intsinzi mu buzima bushya batangiye.

Itorero Shalom Covenant Church uyu muryango wakiriwemo, risanzwe ribarizwamo n’abandi banyarwanda barimo umucuranzi Zikama Tresor.

Uyu muhango wabaye nk’intangiriro nshya y’urugendo rwa Prosper Nkomezi n’umugore we muri Amerika, aho biteganyijwe ko bazakomeza gukorera umurimo w’Imana no guteza imbere impano zabo mu muziki wa Gospel.

 

Prosper Nkomezi n’umugore we Retina Mfurakazi bakiriwe mu Itorero rya Shalom Covenant Church muri Amerika, mu muhango waranzwe n’amasengesho n’ashimwe, bashimira Imana yabahaye urugendo rwiza rw’urukundo

REBA HANO UBWO PROSPER NKOMEZI N’UMUGORE WE BAKIRWA MU RUSENGERO MURI AMERIKA

KANDA HANO UBASHE KUREBA UKO UBUKWE BWA NKOMEZI N’UMUGORE WE BWAGENZE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...