Iyi
nkunga yashyikirijwe Professor Jay mu izina rya Perezida Samia na Minisitiri
wungirije ushinzwe itangazamakuru, umuco, ubuhanzi na siporo muri Tanzania,
Hamis Mwinjuma, wasuye uyu muhanzi iwe mu rugo ari kumwe n’Umuyobozi w’Umujyi
wa Dar es Salaam, Nurdin Bilal.
Mu
butumwa bwagejejwe kuri Professor Jay, Perezida Samia yavuze ko Leta ya
Tanzania ikomeje guha agaciro uruhare uyu muhanzi yagize mu guteza imbere
umuziki wa Hip Hop na ‘Bongo Flava’ muri iki gihugu, ndetse n’ubutumwa bwubaka
yagiye ageza ku baturage binyuze mu bihangano bye.
Nyuma
yo kwakira iyi nkunga, Professor Jay yashimiye Perezida Samia Suluhu Hassan ku
bw’urukundo no gukomeza kumuba hafi mu gihe yari arwaye kugeza ubu ageze mu
cyiciro cyo gukira.
Uyu
muhanzi wamamaye cyane muri Tanzania no muri Afurika y’Iburasirazuba,
yanashimiye Abanya-Tanzania bose bamubaye hafi, bakamwifuriza gukira no
kumufasha mu bihe bikomeye yanyuzemo, avuga ko byakomeje kumuha imbaraga we
n’umuryango we.
Ku
ruhande rwa Minisitiri wungirije Hamis Mwinjuma, yavuze ko Leta izakomeza guha
agaciro abahanzi bagize uruhare rukomeye mu guteza imbere igihugu binyuze mu
bikorwa byabo by’ubuhanzi.
Yanasabye
abaturage gukomeza gushyigikira abahanzi n’abandi bantu baba bahura n’ibibazo
bitandukanye mu buzima bwa buri munsi.
Professor
Jay ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye cyane mu mateka ya Bongo Flava no
muri Hip Hop yo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Izina
rye nyakuri ni Joseph Haule, akaba yaramenyekanye cyane mu myaka ya 2000 kubera
uburyo yakoreshaga umuziki nk’intwaro yo kuvuga ku bibazo by’imibereho
y’abaturage, politiki n’ubuzima bwa buri munsi.
Professor
Jay yabaye umwe mu bahanzi bake bakoreshaga Hip Hop bavuga ku buzima busanzwe
bw’Abanya-Tanzania, ubukene, ruswa, urukundo n’imiyoborere mibi. Ibi byatumye
abantu benshi bafata umuziki nk’uburyo bwo kwigisha no gukangurira sosiyete
impinduka.
Mu
gihe Bongo Flava yari ikiri kuzamuka, Professor Jay yafashije kuyimenyekanisha
cyane muri Afurika y’Iburasirazuba binyuze mu ndirimbo zakunzwe nka: Nikusaidiaje,
Zali la Mentali, Mikono Juu, Inaniuma Sana n’izindi.
Yafashije
gutuma Hip Hop yo muri Tanzania igira umwihariko binyuze mu gukoresha
Ikinyaswahili gikomeye kandi gifite amagambo yubakiye ku muco nyafurika, ibintu
byatumye umuziki wa Tanzania utandukana n’uw’ahandi.
Uretse
umuziki, Professor Jay yinjiye muri politiki ndetse aba umwe mu badepite muri
Tanzania. Ibi byagaragaje uburyo abahanzi bashobora kugira uruhare mu
miyoborere no mu gutanga ibitekerezo ku iterambere ry’igihugu.
Abahanzi
benshi bo muri Tanzania no mu karere bavuga ko Professor Jay yababereye
icyitegererezo kubera amagambo y’ubwenge yakoreshaga, uburyo yaririmbagamo
n’ubutumwa bwubaka yatangaga.
Mu
bihe byinshi, indirimbo ze zakoraga nk’indorerwamo y’ubuzima
bw’Abanya-Tanzania, ibintu byatumye afatwa nk’umuhanzi uvuganira rubanda.
Professor
Jay afatwa nk’umwe mu batangije injyana ya Bongo Flava, aho yagize uruhare
rukomeye mu gutuma Hip Hop yo muri Afurika y’Iburasirazuba yubahwa no gufatwa
nk’inganda ikomeye y’imyidagaduro.

Amashimwe ni yose kuri Professor Jay nyuma ya Miliyoni 16.7 Frw yahawe na Perezida Samia Suluhu


