Producer Washington yateguje indirimbo za Goodlyfe zitigeze zisohoka

Imyidagaduro - 16/03/2026 9:28 AM
Share:

Umwanditsi:

Producer Washington yateguje indirimbo za Goodlyfe zitigeze zisohoka

Producer w’inararibonye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, Washington, yatangaje ko afite gahunda yo gusohora indirimbo zimwe na zimwe atigeze asohora mbere, yakoranye n’abahanzi bakomeye bo muri Uganda, ariko ibyo bizakorwa gusa nyuma y’ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko rishya ku kurengera ibihangano by’abahanzi.

Uyu mugabo avuga ko iyi gahunda igamije gufasha abahanzi n’abatunganya umuziki kubona amafaranga akwiriye ku bihangano byabo byo mu myaka yashize.

Ibi biratangazwa mu gihe hashize igihe kinini havugwa ko Washington afite indirimbo zitigeze zisohoka za Goodlyfe Crew, itsinda ryari rigizwe na Moses Radio na Douglas Mayanja, uzwi nka Weasel. Nyuma y’urupfu rwa Radio mu 2018, hari impaka zavugaga ko Washington yanze ko izi ndirimbo zisohoka.

Ariko Washington yavuze ko yiteguye gukemura iki kibazo mu mucyo, kandi ko yiteguye kuganira n’abayobozi ba Goodlyfe kugira ngo basuzume izo ndirimbo.

Yavuze ko Goodlyfe isanzwe ifite umubare munini w’indirimbo ziri ku mbuga nkoranyambaga, zikomeje kumvwa n’abafana mu karere.

Washington avuga ko igihe kigeze ngo abahanzi n’abatunganya umuziki bagaragaze inyungu zituruka ku byo bakoze. Ati: “Goodlyfe ifite indirimbo nyinshi cyane ziri ‘online’ kandi abantu bagomba kwiyumvisha ko aba bagabo bakoreze ibintu bikomeye,”

Washington yavuze. “Kuri njyewe, igihe kigeze ngo tubone inyungu ku byo twakoze.”

Washington yanashimangiye uruhare runini Goodlyfe yagize mu ruganda rw’umuziki muri Uganda, avuga ko ubuhanga bwabo bwakabaye bubazanira inyungu nyinshi.

Washington yavuze ko Weasel yari kuba afite ubuzima bw’icyamamare ku rwego rw’isi yose:  Ati “Weasel yari kuba atunze za Miliyari, afite indege ye bwite, kuko yaduhaye imyaka hafi 15 akora indirimbo zidahagarara,”

Yakomeje avuga ku buryo umuziki wakorwaga mu myaka yashize, avuga ko abahanzi n’abatunganya umuziki batabikoreraga mu buryo bwemewe kandi badashyiraga ku mpapuro ibyo bakoze.

Ati: “Iki gihe turashaka gukora ibintu mu buryo bw’umwuga, dushyiraho amasezerano, twandike indirimbo neza, kandi tugena neza igipimo cya buri wese mu nyungu. Icyo gihe twakoraga ibintu kubera ibyishimo gusa. Nemera ko twakoze amakosa kuko tutari tuzi icyo gukora. Ariko ubu turabizi.”

Ibi bitekerezo bya Washington bitangazwa mu gihe inganda z’umuziki muri Uganda zihatira gushyira mu bikorwa amategeko akomeye y’uburenganzira ku bihangano, ku buryo abahanzi bazajya babona amafaranga ahoraho avuye mu ndirimbo zabo binyuze muri royalties.

Washington yatangaje ko azasohora indirimbo zitigeze zisohoka za Goodlyfe nyuma y’ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko rishya ry’uburenganzira ku bihangano

Nyuma y’urupfu rwa Moses Radio, Washington avuga ko igihe kigeze ngo Goodlyfe n’abatunganya umuziki babone inyungu z’ubuhanga bwabo, bashyira ibintu mu mucyo kandi mu buryo bw’umwuga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...