Producer Prince Kiizi yahakanye amakuru amwinjiza muri 1:55AM ibarizwamo Bruce Melodie

Imyidagaduro - 10/03/2023 3:04 PM
Share:

Umwanditsi:

Producer Prince Kiizi yahakanye amakuru amwinjiza muri 1:55AM ibarizwamo Bruce Melodie

Abenshi mu bakurikiranira hafi imyidagaduro mu Rwanda, bamaze iminsi bumva izina Prince Kiiiz muri zimwe mu ndirimbo z’abahanzi nyarwanda. Izina ry’uyu musore ukiri muto ryamenyekanye ubwo hasohokaga indirimbo ya Bruce Melodie yitwa “Funga macho " ndetse na “Fake Gee " ya Alyn Sano.

Imyaka ibaye itatu mu muziki nyarwanda havutse igisa n’impinduka idasanzwe y’umuziki ugezweho, ubyinitse kandi uryoheye amatwi wigaruriye amatwi ya benshi, urakinwa cyane kuri radiyo na televiziyo. 

Kuvuga iyi mpinduka kandi, bijyana no kuvuga kuri Country Records studio yazanye aba producers babigizemo uruhare nka Mugisha Fred Robinson wamamaye nka Element ndetse na Kozze. 

Aba bamamaye ahanini bitewe nuko bakoze kuri nyinshi mu ndirimbo zagezweho z’abahanzi nka Bruce Melodie, KennySol, Juno Kizigenza, Okkama n’abandi zagiye zitunganyarizwa muri iyi studio.

Nyuma y’uru rugamba rwasize umuziki nyarwanda uri ku isonga mu karere k’ibiyaga bigari, hakomeje kuvuka n’izindi mpano zintandukanye mu bahanzi, ariko uyu munsi reka twigarukire ku batunganya muzika dukunze kwita aba producers.

Kuri ubu, iyo uganiriye na benshi mu bahanzi, abakurikiranira hafi iby’imyidagaduro mu Rwanda, bose bahuriza ku mpano idasanzwe y’umuproducer mushya witwa Irasubiza Prince uzwi nka Prince Kiiiz.

Mu gushaka kumenya uko yatangiye, aho agana n’ibyo ateganya, aganira na InyaRwanda.com, Producer Prince Kiiiz yavuze ko inzozi ze ari ukugira uruhare mu gutuma umuziki nyarwanda urenga imbibi, ukaba umuziki ukunzwe kandi unabyinwa ku isi hose.

Yavuze ko impano yo gucuranga no gukunda umuziki yayigize kuva kera, gusa bitewe n’amasomo yabanje kwibanda mu kwiga, nyuma arangije ni bwo yafashe akanya ko kwiga, kwihugura no gukora ubushakashatsi bwamubereye intwaro ikomeye akomeje kurwanisha kugira ngo inzozi ze zibe impamo.

Yagize ati: ’’Inzozi zanjye kumuziki Nyarwanda ni ugutanga umuziki mwiza no guhatana kugira ngo umuziki Nyarwanda ugere kuri international level, kandi ufite quality na sound nziza.’’

Mu bumenyi bwihariye uyu muhanzi afite, harimo gutunganya indirimbo z’amajwi, gucuranga piano, guitar, kwandika indirimbo, guhanga injyana (melodie, mixing na mastering).


Producer Kiiz umwe mu batanga icyizere mu muziki nyarwanda

Mu gihe benshi mu ba producers bo mu Rwanda batunganya indirimbo igice bitewe no kutagira ubumenyi buhagije mu bijyanye na mixing na mastering, uyu musore we byose arabyishoboreye.

Kiiiz avuga ko nyuma yo kwiyemeza kwinjira muri uyu mwuga, byanamusabye kwitegura, yongera ubumenyi, atangira gukurikirana amasomo amwe namwe mu Rwanda no hanze yarwo ari nabyo byatumye benshi mu bo bakoranye cyangwa abumvishe indirimbo yakoze, batangira kwishimira imikorere n’ubuhanga bye.

Mu minsi ishize havuzwe amakuru y’uko uyu mu Producer yaba yinjiye muri 1:55AM, gusa aya makuru yayahakanye avuga ko kugeza ubu nta hantu na hamwe ari kubarizwa.

Kugeza ubu Prince Kiiiz nta studio afite arerekezamo nubwo benshi bari bazi ko aba mu ikipe ya Bruce Melodie. Mu kuganira nawe ntiyashatse kubigarukaho cyane, yavuze ko Bruce Melodie bakoranye nk’umukiliya usanzwe, kimwe nuko yanakorana n’undi wese wabyifuza. 

Gusa bamwe mu nshuti ze za hafi, zahamirije inyaRwanda ko hari studio zifuje gukorana nawe ariko bikaba bitarakunda, hagakekwa ko bakiri mu biganiro byo kunoza imikorere.


Prince Kiiiz niwe wakoze indirimbo Funga Macho ya Bruce Melodie

Ntawabura kwishimira iyi ntambwe nziza urubyiruko nyarwanda ruri kugenda rugeraho cyane cyane ababarizwa mu gisata cy’imyidagaduro kuko buri mwaka uzanira impano nshya zo kwishimira.

Mu gusoza ikiganiro yagiranaga na InyaRwanda, Producer Kiiz twamubajije ku ntego ze mu kibazo kigira giti.

Ese utekereza iki mu gutunganya indirimbo zifitemo umwihariko nyarwanda mu rwego rwo kwirinda ibyo gushishura igikomeje gushinjwa bagenzi bawe b’aba producers kandi mu Rwanda hari injyana n’umuco mwiza mwavomamo mugakora injyana yihariye yagaragaza isura y’u Rwanda mu muziki?

Asubiza iki kibazo yagize ati: ’’Njyewe ikintu mbitekerezaho mba numva ari ikintu kiza gukora fusion y’umuco Gakondo wacu n'izindi njyana zitandukanye kandi ku bwanjye ndabikora kuko hari abahanzi bamwe na bamwe batangiye kubikunda no kubiteza imbere".


Prince Kiiz yavuze ko ntahantu abarizwa ubungu

Arakomeza ati "Njyewe rero nk’umuntu wabyize numva ari umwanya mwiza mfite wo kugaragaza ko umuziki ushobora kuwukora mu dushya dutandukanye hatajemo gushishura nk'uko benshi  babikora kandi bidakuyeho ko umuhanzi mukorera indirimbo ijyanye nuko yifuza.’’


Yahakanye amakuru yavugaga ko abarizwa muri 1:55AM 

 U Rwanda rwungutse umu Producer w'umuhanga

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...