Mu
kiganiro 'WithChude' cy’umunyamakuru Chude Jideonwo,
Priscilla yavuze ku kibazo cyo gucana inyuma bukunze kuvugwa ku byamamare,
agaragaza aho ahagaze.
Yagize
ati “Nahitamo (Umugabo) kujya muri iyo nzira (yo gucana inyuma), ni icyemezo
cye. Ariko ndamwizera. Afite imyitwarire ihamye.”
Aya
magambo agaragaza ko yemera ko buri muntu agira uruhare ku byemezo afata, aho
atemera kubaho mu gukeka no gukurikirana uwo bashakanye.
Priscilla
kandi yemeye ko kubana n’umuntu uri mu ruhando rw’imyidagaduro bitoroshye,
cyane cyane kubera uburyo rimwe na rimwe aba akunzwe n’abagore benshi.
Ati
“Si ibintu byoroshye kuko hari abagore benshi bamwirukaho, ariko byose
bishingira ku myitwarire ye n’icyemezo afata. Hari abagore bashobora gukora
ibishoboka byose, ariko iyo mufite ukwizera kandi umugabo azi icyo ashaka, aba
ashobora kwifatira ibyemezo bikwiye.”
Urukundo
rwa Priscilla na Jux rukomeje kuvugisha benshi mu itangazamakuru no ku mbuga
nkoranyambaga, cyane muri Nigeria no muri Tanzania.
Bombi
bigeze gutangaza ko bahuriye bwa mbere mu Rwanda, aho icyo gihe byari nko
guhura bisanzwe, ariko bikaza gukura bikavamo umubano ukomeye.
Nyuma
yo kumarana igihe batagaragara cyane mu ruhame, baje gushyira ahagaragara
umubano wabo, ibintu byakurikiwe n’amarangamutima y’abafana.
Ubukwe
bwabo bwiswe #JP2025, bwabaye inkuru ikomeye ku mbuga nkoranyambaga, bugaragaza
imico itandukanye ya Nigeria n’Afurika y’Iburasirazuba.
Bwabimburiwe
n’imihango gakondo yabereye i Lagos, bukomereza muri Tanzania iwabo wa Jux,
mbere y’uko basoreza ku bukwo nabwo bwabereye i Lagos, amafoto n’amashusho
bikwira hose ku mbuga nkoranyambaga.
Ku
ruhande rwa Priscilla, avuga ko urushako rwamuhaye isomo ry’ukwizera uwo
mwashakanye, ariko buri wese agomba kumenya ko ibyemezo afata ari ibye bwite.

Priscilla
Ojo yavuze ko yizera Juma Jux, byo gucana inyuma ni amahitamo y’umuntu
Priscilla
Ojo n’umugabo we Juma Jux bigeze gutangaza ko bahuriye mu Rwanda mbere y’uko
batangira urugendo rwo gukundana
