Princess Lover wamamaye mu ndirimbo 'Mon Soleil' agiye gutaramira i Kigali

Imyidagaduro - 06/02/2026 7:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Princess Lover wamamaye mu ndirimbo 'Mon Soleil' agiye gutaramira i Kigali

Mu gihe umuziki w’urukundo ukomeje gushakisha ijwi rishya rifite umwimerere, ryumva kandi rikabasha kugera ku mitima ya benshi, izina Princess Lover rimaze igihe ryiyandika mu mitima y’abakunzi b’indirimbo zituje, zifite amagambo aremereye n’amarangamutima yimbitse.

Uyu muhanzikazi wamamaye cyane binyuze mu ndirimbo ‘Mon Soleil’, ategerejwe i Kigali mu gitaramo cyihariye cya Saint Valentin kizaba ku wa 14 Gashyantare 2026, ariko urugendo rwe mu muziki rufite inkuru irenze izina rye riri kuri ‘flyer’ (urupapuro rugaragaza igitaramo cye).

Princess Lover ni umwe mu bahanzi batinjiye mu muziki bashakisha izina gusa, ahubwo yawinjiyemo awufata nk’ururimi rwo kuvuga amarangamutima.

Mu biganiro yagiye agirana n’itangazamakuru mpuzamahanga, yagiye agaragaza ko yatangiye kuririmba akiri muto, ahanini ashishikajwe no kwigana indirimbo z’urukundo zakunzwe mu rurimi rw’Igifaransa n’izindi ndimi zo ku mugabane w’u Burayi.

Mu ntangiriro ze, yaririmbye mu tubyiniro duto, mu birori byihariye no mu bitaramo by’abahanzi batandukanye, ari nabwo yatangiye kumenyekana nk’umuhanzikazi ufite ijwi ryoroshye, rituje ariko rifite ubushobozi bwo gutuma uwumva indirimbo ye ayigwamo.

‘Mon Soleil’: Indirimbo yahinduye amateka ye

Nubwo yari amaze igihe akora umuziki, izina Princess Lover ryatangiye kuvugwa cyane nyuma yo gusohora indirimbo ‘Mon Soleil’, indirimbo y’urukundo yaje kuba nk’ikirango cye.

Iyi ndirimbo yigaruriye imitima ya benshi kubera amagambo avuga ku rukundo rwimbitse, rutagaragara nk’urw’akanya gato, ahubwo nk’urwubakiye ku kwizerana no kwiyegurira undi.

‘Mon Soleil’ yakunzwe mu bihugu bitandukanye bikoresha ururimi rw’Igifaransa, by’umwihariko mu Bufaransa, mu Bubiligi no mu bice bimwe by’u Burayi, inatuma atangira gutumirwa mu bitaramo byihariye by’abakundana n’ibirori bya Saint Valentin.

Igitandukanya Princess Lover n’abandi benshi ni uburyo ahuza amagambo yuje urukundo, injyana ituje n’ijwi rituma indirimbo yumvikana nk’ikiganiro hagati y’abakundana.

Umuziki we wubakiye ku rukundo, ariko si urukundo rw’amagambo menshi gusa, ahubwo ni urwerekana intege nke, ibyishimo n’ibikomere by’umutima.

Indirimbo ze zakunzwe cyane ziganjemo izivuga ku rukundo rwo hagati y’abantu babiri, ku gutegereza uwo ukunda, ku kwiyegurira no ku byishimo byo kubona uwo umutima wifuza.

Kuza kwa Princess Lover i Kigali mu gitaramo cya ‘Charmes de St Valentin’ bifatwa nk’intambwe ikomeye mu gukomeza gushyira Kigali ku ikarita y’ibitaramo mpuzamahanga by’abahanzi b’indirimbo z’urukundo.

Abamaze kumva indirimbo ze bavuga ko igitaramo cye kiba kimeze nk’urugendo rw’amarangamutima, aho ataririmba gusa, ahubwo aganiriza abafana be binyuze mu ndirimbo, amagambo n’imyitwarire ye ku rubyiniro.

Mu gitaramo cye i Kigali, biteganyijwe ko Princess Lover azaririmba zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane zirimo ‘Mon Soleil’, ndetse n’izindi ndirimbo z’urukundo zagiye zimenyekana mu rugendo rwe.

Abategura iki gitaramo batangaje ko kizaba gifite umwihariko uhuje umuziki, serivisi z’akataraboneka n’umwuka w’urukundo ujyanye n’uyu munsi udasanzwe.

Ku bakunzi b’umuziki w’urukundo, iki gitaramo ni amahirwe yo kumva imbonankubone umwe mu bahanzikazi bagize uruhare mu gusubiza agaciro indirimbo zituje, zitekerezwa kandi ziganisha ku mutima.

Mu gihe Saint Valentin ya 2026 igenda yegereza, izina Princess Lover riri mu azaba avugwa cyane i Kigali. Si gusa kubera izina afite, ahubwo kubera inkuru ye, urugendo rwe n’ubutumwa atanga binyuze mu muziki we. I Kigali, azaza atari nk’umuhanzi uririmba, ahubwo nk’umushyitsi uje gusangira n’abanyarwanda urukundo ruri mu ndirimbo ze.


Princess Lover, wamamaye mu ndirimbo ‘Mon Soleil’, agiye gutaramira i Kigali mu gitaramo cyihariye cya ‘Charmes de St Valentin’, kizaba ku wa 14 Gashyantare 2026

 

Princess Lover azahurira n’abakunzi b’umuziki i Kigali, mu gitaramo cyitezweho gutuma Saint Valentin iba umwihariko udasanzwe

Urukundo, umuziki n’umwuka w’akataraboneka… Princess Lover i Kigali ku munsi wa Saint Valentin. Ijoro rizaba irindi zina

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘MON SOLEIL’ YA PRINCESS LOVER YAMAMAYE CYANE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...