Prince Kiiizz ari mu Burundi mu bikorwa by’indirimbo na Kirikou na Double Jay

Imyidagaduro - 23/04/2026 8:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Prince Kiiizz ari mu Burundi mu bikorwa by’indirimbo na Kirikou na Double Jay

Umuhanzi akaba na Producer, Ishimwe Prince wamamaye nka Prince Kiiiz mu gutunganya indirimbo, ari mu Mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi, aho ari mu bikorwa bigamije kwagura umuziki we ku rwego mpuzamahanga.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Kiiiz yatangaje ko uru rugendo rufite intego yo gukorana n’abahanzi batandukanye bo mu Burundi, barimo Kirikou Akili na Double Jay, mu rwego rwo guteza imbere impano no gusangira ubunararibonye.

Yagize ati: “Ni urugendo rugamije kwagura uburyo nari nsanzwe nkoramo ‘Production’. Akenshi tubihuza no kwiga, aho uhura n’abahanzi mukaganira, bakagusobanurira imikorere yabo n’umuco w’igihugu cyabo, bikagufasha kunguka ubumenyi bushya.”

Kiiiz yavuze ko nubwo afite gahunda yo gukorana na Kirikou Akili na Double Jay, adashaka kugarukira aho gusa, ahubwo ari gushaka n’abandi bahanzi bo muri iki gihugu bazafatanya mu bikorwa bye mu gihe kiri imbere.

Ati: “Nifuza gukorana n’abahanzi benshi ba hano, kugira ngo tugire umubare munini w’abo tuzajya dukorana. Ibi bizamfasha nanjye kwagura ibikorwa byanjye, ndetse n’abo bikabafasha gutera imbere.”

Uyu muhanzi kandi yavuze ko muri uru rugendo ateganya no gukora amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze, mu gihe yaba abonye uburyo bubikwiriye.

Ati: “Mu cyumweru kimwe ndi hano, ndatekereza ko nshobora no kuhakorera amashusho ya zimwe mu ndirimbo zanjye, ndetse n’ibindi bikorwa ndi gutegura, niba byose bigenze neza.”

Prince Kiiiz asanzwe azwiho gukora indirimbo zakunzwe zirimo ‘Lala’ ya Chriss Eazy yakoranye na Kirikou Akili. Uretse gutunganya indirimbo z’abandi, aherutse no kwinjira mu muziki nk’umuhanzi wigenga, aho yamaze gushyira hanze indirimbo ze bwite zirimo ‘Samantha’, ‘Uwadanje’ n’izindi.

Uru rugendo rwe mu Burundi rugaragaza intambwe ikomeye mu kwagura ibikorwa bye no gushimangira intego yo kugera ku isoko mpuzamahanga, aho ashaka kwegera abahanzi mu bihugu byabo, aho gutegereza ko ari bo bamusanga i Kigali.

Prince Kiiiz mu rugendo rushya i Bujumbura, aho ari kwagura ibikorwa bye bya 'Production' no gukorana n’abahanzi batandukanye

Guhuza ubumenyi n’umuco: Prince Kiiiz ari mu Burundi mu rugendo rwo guteza imbere umuziki ku rwego mpuzamahanga

Kuva Kigali kugera Bujumbura, Prince Kiiiz ari kwagura imbibi za 'Music Production' ye ku isoko ry’Akarere

 

Kirikou Akili akomeje kugaragaza ubuhanga bwe mu muziki, ubu ari no mu mishinga mishya iri gukorerwa na Prince Kiiiz

Double Jay akomeje kugaragaza impano ye, aho ari kwinjira mu mikoranire n’abahanzi n’abatunganya indirimbo bo mu karere

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'SAMANTHA' YA PRINCE KIIIZ


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...