La
Reina yatangiye umuziki mu mwaka ushize, aho yahise amenyekana mu ndirimbo nka
“Nditinya”, kuri ubu akaba ari no kwitegura gushyira hanze EP (Extended Play)
ye ya mbere irimo indirimbo nshya.
Ku
ikubitiro, mu bitangazamakuru byagiye bitangaza ibikorwa bye, humvikanye ko ari
mushiki wa Prince Kiiiz – ibintu bombi bemeye nk’ukuri mu gihe cy’itangiriro.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Prince Kiiiz yasobanuye impamvu bahisemo kugendera kuri
uwo mugambi, avuga ko byari uburyo bwo guha icyizere La Reina mu gihe yinjiraga
mu ruganda rw’umuziki rukomeye kandi rurimo imbogamizi nyinshi.
Avuga
ati “Uruganda rwacu rw'umuziki ntabwo byoroshye kuba umuntu yahita arwinjiramo
uko, abantu bahita babifata ukundi. Ariko iyo umuntu ari mushiki wawe biba
biteye impuhwe, bituma abantu bamwiyumvamo cyane. Ibindi nyuma iyo babimenye
barihangana, ariko nyine ibya mbere baba babizi."
Prince
Kiiiz yavuze ko ibyo byose byari uburyo bwo kumufasha kugira ngo abashe kubaka
izina rye, ariko ko ubu abantu bamaze kumumenya nk’umuhanzi ufite ubushobozi,
ku buryo kumenya ukuri ku rukundo rwabo bitagiteye ikibazo.
Yongeyeho
ko urukundo rwabo rwakomotse ku bucuti bakuranye mu muziki, aho bagiye
banacuranaga mu matsinda atandukanye.
Ati
“Twahujwe n’umuziki. Twari abanyeshuri ariko dukunda umuziki, twagiye dukorana
muri za Band, ducuranga ahantu hatandukanye. Uko iminsi yagiye ihita, ubucuti
bwacu bwakomereje mu rukundo.”
Kuri
we, kuba bombi bakora umuziki – umwe ari producer undi ari umuhanzi – si
imbogamizi, ahubwo ni amahirwe yo kubaka ibihangano byujuje ireme.
Yavuze
ati: “Buri wese azi inshingano ze. Kuba dukundana ntabwo bivuze ko tuzavangira
akazi. Ahubwo ni uburyo bwiza bwo gufashanya, buri wese akuzuza undi mu buryo
bw’umwuga.”
Prince
Kiiiz ni umwe mu bantu bafite izina rikomeye mu gutunganya umuziki (production)
mu Rwanda. Yatangiye urugendo rwe mu muziki akiri muto, atangirira ku gukina
ibikoresho bya muzika no gukora mu matsinda (Band) anyuranye.
Yaje
kwagura impano ye, yinjira mu byo gutunganya indirimbo (producing) ndetse
anatangira gukora indirimbo ze bwite nk’umuhanzi, aherutse gusohora indirimbo
yise ‘Uwa Danger’.
Mu
myaka yashize, yakoze ku mishinga ya benshi mu bahanzi batandukanye bo mu
Rwanda, byatumye yigarurira icyizere cyabo n’icy’abakunzi b’umuziki nyarwanda.
Uretse
ubuhanga bwe mu bya tekiniki y’amajwi, Prince Kiiiz azwiho kuba umunyabugeni mu
myandikire y’indirimbo, ndetse n’ugira uruhare mu kuyobora umushinga wose
w’indirimbo (project direction) guhera ku gitekerezo kugeza isohotse.
Kuri
ubu, ari mu bantu bari gufasha abahanzi bashya kwinjira neza mu muziki harimo
na La Reina, umukunzi we, witezweho gutangaza byinshi mu gihe kiri imbere
binyuze muri EP ye nshya iri gutunganywa na Prince Kiiiz ubwe.
Prince
Kiiiz yatangaje ko yahisemo kubeshya ko La Reina ari mushiki we, kugirango
sosiyete imuhange amaso
La
Reina ari kwitegura gusohora EP, mu gihe ari mu biganza bya Prince Kiiiz
Prince
Kiiiz yavuze ko kuva mu myaka 6 ishize, yabaye inshuti na La Reina
byamusunikiye gukundana nawe
Prince
Kiiiz aherutse kwinjira mu muziki aho yasohoye indirimbo ye yitwa ‘Uwa Danger’
KANDA
HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PRINCE KIIIZ
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'UWA DANGER' YA PRINCE KIIZ
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'BASI' Y'UMUHANZIKAZI LA REINA