Muri
iyi ndirimbo bakoranye, yagiye hanze kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Kamena
2025, Prince Kiiiz atangira avuga uko umutima we wibwe n’urukundo kuva ku munsi
bahuriyeho, ariko akavuga ko yari afite ubwoba bwinshi bwo kugaragaza
amarangamutima ye.
Ati
“Wanyibye umutima, kuva ku munsi duhura, ariko nari mfite ubwoba. Nabuze naho
nkuhera.” -Aha yerekana ukuntu yakunze Là Reïna yitonze kandi atari yizeye uko
yabyerekana."
Yakirwa
na Là Reïna ukomeza avuga ko yageragezaga kwiyoberanya nk’utabona ibiri kuba, n’ubwo
umutima we wari umaze gukunda byimazeyo.
Là
Reïna anavuga ko yahise yumva yinjiriye mu rukundo rwimbitse, aho agira ati:
“Byihishe, nasanze maze igihe kinini ndi muri uru rukundo.” Ibi byerekana ko
urukundo rwe na Prince Kiiiz atari urw’igihe gito, ahubwo rwaranzwe no gukura
no gukomera.
Iyo
Prince Kiiiz amufata, Là Reïna yumva umutima we utereranye n’ibyishimo,
asobanura ko umutima we utera vuba kandi wumva uruhutse. Ati: “Iyo umfata, nkumva
agatima karatera
N’ubwo
urukundo ari rwiza, La Reïna agira impungenge z’uko ashobora gutakaza uwo
akunda, cyangwa akabona umuntu umusimbura. Ati: “Nkaguma nibaza. Niba
utazandiza. Nubona abanduta. ‘Baby’ nkabura uwampoza.”
Ariko,
yiyemeza kutazarekura urukundo rwe na Prince Kiiiz, ashimangira ko yafashe
icyemezo cyo kubana ubuzima bwe bwose. Akunganirwa na Kiiiz uririmba agira ati “Kuva
dukundana Sinteze kugusiga. Nafashe icyemezo.”
Là
Reïna asaba isezerano rihamye ku rukundo rwabo, yifuza ko bazahora babana no kubabarirana
mu bihe byose. Ati “Nsezeranya ko utazansiga. Nintsindwa uzansindangiza. Nintangira
kunanirwa. Ese uzanyihanganira?
Indirimbo
inagaruka ku gusenga, aho Prince Kiiiz asaba Imana kugira ngo irinde uwo
akunda, kuko atabona ubuzima bwe atamufite. Ati: “Buri munsi na buri joro
nsenga, nsaba Imana kurinda uwo nkunda. Sinabona ubuzima bwanjye atari kumwe
nawe kuko unyemerera kubaho.”
Là
Reïna yongeraho ko azahora ahari, yaba mu bihe byiza cyangwa ibibi, kandi ko
nta kindi afite cyiza cyane kurusha urukundo yahaye Prince Kiiiz. Ati “Kuva
dukundana. Sinteze kugusiga. Nafashe icyemezo.”
Mu
gusoza, yongera kugaruka ku isezerano ryo kubana no gufashanya mu bihe byose,
agasaba umukunzi we kutazigera amusiga. Ati “Nsezeranya ko utazansiga. Nintsindwa
uzansindangiza, nintangira kunanirwa. Ese uzanyihanganira?”
Indirimbo
“Promise” yanditswe kandi itunganywa na Oda Martine Uwimanzi na Prince Moïse
Irasubiza (Prince Kiiiz), ni ubuhamya bw’urukundo rwimbitse, kwizerana no
gufashanya kwa La Reïna na Prince Kiiiz mu buzima no mu muziki.

Là
Reïna na Prince Kiiiz bari mu mwanya w’urukundo no gukorera hamwe umuziki wabo
Abahanzi
babiri bahuriye mu rukundo no mu guhanga indirimbo y’urukundo ‘Promise’
Là
Reïna yerekana amarangamutima ye akomeye mu ndirimbo nshya
KANDA
HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘PROMISE’ YA LA REINA
