Kuri uyu wa Gatandatu mu Bwongereza imikino ya shampiyona yakomeje ku bibuga bitandukanye, amakipe amwe ararwanira igikombe, kuza mu myanya 4 ya mbere naho andi yo ararwanira kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.
Saa kumi Chelsea yakiriye Brighton ku kibuga Stamford Bridge, Gallagher wa Chelsea ni we wafunguye amazamu ku munota wa 13 ahawe umupira na Mykhailo Mudryk.
Brighton yaje
kubona igitego cyo kwishyura ku munota wa 42 gitsinzwe na Danny Welbeck ahawe
umupira na Pascal Gross,
Brighton yatsinze igitego cya kabiri mu gice cya kabiri ku munota wa 69 gitsinzwe na J.casar Enciso ahawe umupira na Solly March.
Umukino warangiye Chelsea itsindiwe imbere y’abafana bayo ibitego 2-1 ibyayo bikomeza kuyoberana.
Kugeza ubu Frank Lampard n’abasore be bahagaze
ku mwanya 11 n’amanota 39 naho Brighton yo iri ku mwanya 7 n’amanota 49 ku
rutonde rwagateganyo rwa Premier League.

Abasore ba Chelsea bibaza ibibabayeho nyuma yo gutsindwa igitego cya 2
Undi mukino wabaye kuri uyu munsi wari ufite icyo uvuze gikomeye cyane ni uwa Manchester City na Leicester City. Uyu mukino wabereye kuri Etihad Stadium saa kumi n'ebyiri n’igice.
Ku munota wa 5 gusa John Stones yafunguye amazamu ahawe umupira na Rodri igitego cya mbere cya Manchester City kiba kirabonetse.
Erling Haaland uri guca uduhigo
ubutitsa kubera gutsinda ibitego, niwe watsinze igitego cya 2 ku munota wa 13
kuri penariti.
Ku munota wa 25 nanone Erling Haaland yahise atsinda igitego cya 3 ku mupira yari ahawe na Kevin De Bruyne.

Erling Haaland ukomeje kwandika amateka muri Premier League, yamaze kunganya na Mohammed Salah ibitego byinshi yari yaratsinze mu mwaka umwe w'imikino
Leicester City yabonye igitego cy’impozamarira mu gice cya kabiri gitsinzwe na Kelechi Iheanacho.
Kugeza
ubu Manchester City iri ku mwanya wa 2 n’amanota 70 n’umukino w’ikirarane naho
Leicester City yo iri ku mwanya wa 19 n’amanota 25.



