Premier League 2026/27: Yaciye agahigo aho amakipe 9 azatangirana n'abatoza bashya

Imikino - 01/08/2026 9:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Premier League 2026/27: Yaciye agahigo aho amakipe 9 azatangirana n'abatoza bashya

Shampiyona y'u Bwongereza (Premier League) ya 2026/27 igiye gutangira yanditse amateka mashya, aho amakipe 9 azatangira umwaka w'imikino afite abatoza bashya ku ntebe y'ubutoza. Ni bwo bwa mbere mu mateka ya Premier League umubare munini nk'uyu ugaragara mbere y'uko shampiyona itangira.


Ibi byarushijeho kugaragara nyuma y'uko Eddie Howe asezeye ku mirimo yo gutoza Newcastle United, asiga uwo mwanya biteganyijwe ko uzasimburwa na Matthias Jaissle.

Nk’uko tubikesha Transfermarkt, mu batoza bashya bazatangira iyi season harimo:

  • Enzo Maresca – Manchester City
  • Xabi Alonso – Chelsea
  • Andoni Iraola – Liverpool
  • Marco Rose – Bournemouth
  • Oliver Glasner – Nottingham Forest
  • Pierre Sage – Crystal Palace
  • Álvaro Arbeloa – Fulham
  • Gary O'Neil – Ipswich Town
  • Matthias Jaissle – Newcastle United (biteganyijwe)

Uyu mubare urenze kure amateka yari asanzweho. Mbere y'uyu mwaka, agahigo kari gafitwe na shampiyona ya 2016/17, aho amakipe 8 yatangiye umwaka afite abatoza bashya. Muri uwo mwaka ni bwo Antonio Conte yatangiye gutoza Chelsea akaza no kwegukana igikombe cya Premier League muri season ye ya mbere, mu gihe Pep Guardiola na we yari atangiye urugendo rwe muri Manchester City.

Andi mateka agaragaza ko mu mwaka wa 1995/96, amakipe 7 yatangiye afite abatoza bashya, naho mu wa 2012/13, hari amakipe 6 yahinduye abatoza.

Mu myaka ya 2013/14, 2014/15 na 2024/25, amakipe 5 ni yo yari yatangiye afite abatoza bashya.

Nubwo bamwe mu batoza nka Roberto De Zerbi wa Tottenham na Michael Carrick wa Manchester Unity batangiye inshingano zabo mbere gato y'itangira rya shampiyona cyangwa nyuma yo kuba abasigayeho by'agateganyo, impinduka zabaye muri uyu mwaka ziracyerekana ko Premier League yinjiye mu bihe bishya.

Kuba abarenga 1/2 cy'amakipe akomeye azatangirana n'abatoza bashya bituma benshi bateganya ko Premier League ya 2026/27 izaba irimo guhatana bikomeye, kuko buri mutoza azaba ashaka gutanga ubutumwa bwihuse no kwerekana impinduka yazanye mu ikipe ye.

Abakunzi b'umupira w'amaguru bategereje kureba niba bamwe muri aba batoza bashya bazashobora kwigana ibyo Antonio Conte yakoze mu mwaka wa 2016/17, aho yegukanye igikombe cya shampiyona mu mwaka we wa mbere, cyangwa niba izindi mpinduka zizavamo andi mateka mashya muri Premier League.


 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...