Hari abakinnyi 10 batarengeje imyaka 18 bashobora kuzagira uruhare rukomeye muri Premier League mu mwaka wa 2026/27, uru urutonde rushingiye ku gaciro kabo ku isoko ry’abakinnyi nk’uko tubikesha urubuga rwa Transfermarkt.

10. Jun'ai Byfield – Tottenham
Jun'ai Byfield ni myugariro w’imyaka 17 ufite agaciro ka miliyoni 3 z’ama-Euro kandi ni umwe mu bakinnyi bato ikipe yizeye cyane.
Byfield amaze gukina umukino we wa mbere muri Premier League mu mwaka ushize w’imikino, bituma aba umukinnyi wa kane ukiri muto cyane mu mateka ya Tottenham wakinnye muri iri rushanwa.
Uyu musore azwiho kuba ashoboye gukoresha amaguru yombi, gusoma umukino neza ndetse no kugira ubuhanga budasanzwe ku mukinnyi ukiri muto.

9. Divine Mukasa – Manchester City
Divine Mukasa uri hafi kuzuza 19, afite agaciro kagereranywa kuri miliyoni 5 z’ama-Euro, ni umwe mu mpano zikomeye ziri gukura muri Manchester City. Manchester City izwiho gutanga abakinnyi benshi bakomeye banyuze mu ishuri ryayo ry’umupira w’amaguru.
Mukasa yamaze 1/2 cy’umwaka ushize w’imikino atijwe muri Leicester City, ariko ntiyabashije kugira uruhare runini muri iyi kipe yari iri mu bihe bitoroshye. Nubwo byagenze gutyo, haracyari icyizere ko uyu musore ashobora kugira ahazaza heza muri Manchester City.

8. Chido Obi – Manchester United
Chido Obi ni rutahizamu w’imyaka 18 ufite agaciro kagera kuri miliyoni 5 z’ama-Euro. Uyu mukinnyi yavuye muri Arsenal ajya muri Manchester United mu 2024 afite imyaka 16, aho yari azwi cyane kubera ibitego byinshi yatsindaga mu byiciro by’abakiri bato.
Akigera kuri Old Trafford, yabonye iminota mike yo gukina muri Premier League, ariko mu mwaka ushize ntiyigeze akina umukino n’umwe mu ikipe nkuru. Uburambe amaze kugira bushobora kumufasha kubona umwanya munini muri Manchester United muri uyu mwaka w’imikino.

7. Marli Salmon – Arsenal
Marli Salmon ni myugariro w’imyaka 16 wa Arsenal ufite agaciro kagereranywa kuri miliyoni 5 z’ama-Euro.
Arsenal imaze imyaka izamura impano nyinshi zikagera mu ikipe nkuru, ariko ntabwo ari kenshi yabashije kuzamura myugariro wo hagati ukomeye cyane mu ishuri ryayo.
Salmon ashobora guhindura iyo nkuru kuko yamaze kugaragara mu ikipe nkuru ya Arsenal mu mikino y’ibikombe byo mu gihugu ndetse no muri UEFA Champions League.
Uyu musore agaragaza ituze mu gukinisha umupira ndetse n’ubushobozi bukomeye mu bijyanye no kwitwara neza mu bwugarizi.

6. Sean Steur – Newcastle United
Sean Steur ni umukinnyi wo hagati ufite imyaka 18 waturutse muri Ajax, imwe mu makipe azwi cyane ku guteza imbere impano.
Newcastle United yamuguze kuri miliyoni 22 z’ama-Euro muri iyi mpeshyi, amafaranga ategerejweho gutuma agaciro ke ku isoko kazamuka. Steur yagereranwa na Frenkie de Jong kubera uburyo akina hagati mu kibuga.
Kuba Newcastle yaratakaje bamwe mu bakinnyi ndetse ikaba yarahaye akazi umutoza Matthias Jaissle, uzwiho guha amahirwe abakinnyi bakiri bato, bishobora gutuma Steur abona umwanya ukomeye muri uyu mwaka w’imikino.

5. Harry Howell – Brighton
Harry Howell w’imyaka 18 ufite agaciro ka miliyoni 8 z’ama-Euro ni umwe mu bakinnyi bakiri bato bakomeye Brighton ifitiye icyizere. Brighton imaze kumenyekana cyane mu guteza imbere impano, kandi Howell ni umwe mu bakinnyi bakuriye mu ishuri ryayo ry’umupira w’amaguru.
Yagiye abona umwanya muto mu mikino ya Premier League mu mwaka ushize, ariko uburyo ikipe imufata ndetse n’impano afite bituma ategerezwaho kubona amahirwe menshi muri uyu mwaka w’imikino.

4. Brian Madjo – Aston Villa
Brian Madjo ni rutahizamu w’imyaka 17 ukinira Aston Villa, akaba ari umwe mu bakinnyi bakiri bato bari gutegerezwaho byinshi muri uyu mwaka w’imikino.
Aston Villa yamuguze muri Rennes yo mu Bufaransa mu mpeshyi ishize kuri miliyoni 12 z’amayero, ariko ntiyabashije kubona umwanya mu ikipe nkuru mu mwaka ushize.
Icyakora, ibikorwa bye mu mikino ya gicuti ibanziriza shampiyona byashimishije benshi, aho yagaragaje imbaraga n’ubushobozi bwo gutsinda ibitego.

3. Jeremy Monga – Manchester City
Jeremy Monga ni umwe mu mpano zikomeye zagaragaye ku isoko muri iyi mpeshyi. Uyu mukinnyi ukina ku ruhande rw’ibumoso afite agaciro kagereranywa kuri miliyoni 15 z’ama-Euro afite imyaka 17.
Mu mwaka w’imikino wa 2024/25, Monga yabaye umukinnyi wa kabiri ukiri muto cyane mu mateka ya Premier League, ubwo yakiniraga Leicester City.
Nubwo Leicester yamanutse mu cyiciro cya kabiri, ibyo ntibyabujije amakipe akomeye kumushaka. Arsenal ni yo yari hafi yo kumusinyisha, ariko Manchester City iza guhagarika icyo gikorwa imwegukana.

2. Rio Ngumoha – Liverpool
Rio Ngumoha ni umwe mu bakinnyi bakiri bato bamaze kugira uruhare rugaragara muri Premier League.
Uyu mukinnyi w’imyaka 17 ukina ku ruhande rw’ibumoso afite agaciro kagereranywa kuri miliyoni 30 z’ama-Euro, akaba ari we wa kabiri ku rutonde rw’abakinnyi bakiri munsi y’imyaka 18 bafite agaciro kanini muri Premier League.
Mu mwaka ushize, Ngumoha yakinnye imikino ya shampiyona ya Liverpool, atsinda ibitego 2 ndetse agaragaza ubuhanga bwo gucenga ba myugariro. Muri uyu mwaka w’imikino, ategerejweho kugira uruhare runini kurushaho, cyane cyane nyuma y’uko Mohamed Salah avuye muri Liverpool.

1. Max Dowman – Arsenal
Ku mwanya wa mbere hari Max Dowman, umukinnyi w’imyaka 16 wa Arsenal ufatwa nk’umwe mu mpano zidasanzwe muri ruhago y’u Burayi. Dowman ni we mukinnyi ukiri munsi y’imyaka 18 ufite agaciro kanini muri Premier League, afite agaciro ka miliyoni 30 z’ama-Euro.
Mu mwaka ushize, yakoze amateka menshi. Yabaye umukinnyi ukiri muto cyane mu mateka ya UEFA Champions League, aba uwa kabiri ukiri muto cyane mu mateka ya Premier League, ndetse aba umukinnyi ukiri muto cyane watsinze igitego muri Premier League.
Yabaye kandi umukinnyi ukiri muto cyane wegukanye igikombe cya Premier League. Nubwo mu mwaka ushize yakinnye imikino 7 gusa ya Premier League, impano idasanzwe afite ishobora gutuma umutoza Mikel Arteta amuha iminota myinshi muri uyu mwaka w’imikino wa 2026/27.
Kuva kuri Max Dowman wa Arsenal kugeza kuri Jun'ai Byfield wa Tottenham, aba basore bafite amahirwe yo kubona iminota myinshi mu makipe yabo ndetse bakagira uruhare rukomeye mu mwaka w’imikino wa 2026/27.
Ku bakunzi b’umupira w’amaguru, uyu mwaka ushobora kuzaba umwanya wo kubona amazina mashya azaza gufata umwanya ukomeye muri Premier League mu myaka iri imbere.
