Polisi yasabye abatwara ibinyabiziga korohereza abanyeshuri bagiye mu biruhuko

Uburezi - 28/06/2026 5:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Polisi yasabye abatwara ibinyabiziga korohereza abanyeshuri bagiye mu biruhuko

Mu gihe abanyeshuri biga bacumbikiwe mu mashuri abanza n'ayisumbuye batangiye gutaha mu biruhuko bisoza umwaka w'amashuri wa 2025/2026, Polisi y'u Rwanda yasabye abatwara ibinyabiziga, ibigo bitwara abagenzi, abayobozi b'amashuri n'abagenzi muri rusange gufasha aba banyeshuri kugira ngo ingendo zabo zigende neza kandi nta mbogamizi bahura na zo.

Nk'uko biteganywa n'ingengabihe ya Minisiteri y'Uburezi n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibizamini n'Ubugenzuzi bw'Amashuri (NESA), kuva ku wa 29 Kamena kugeza ku wa 2 Nyakanga 2026 ni bwo abanyeshuri bazava ku mashuri basubira mu miryango yabo.

Umuvugizi w'Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, Senior Superintendent of Police (SSP) Emmanuel Kayigi, yavuze ko ubufatanye bw'inzego zitandukanye ari bwo buzafasha abanyeshuri kugera iwabo amahoro kandi ku gihe.

Yasabye abayobozi b'ibigo by'amashuri gutanga indangamanota hakiri kare kugira ngo abanyeshuri babashe kugera ku modoka zibajyana batakererewe, anabashishikariza gukurikirana ko abanyeshuri bava ku mashuri bambaye umwambaro w'ishuri ubaranga, kuko ubafasha kumenyekana no koroherezwa mu rugendo.

Yanibukije ibigo bitwara abagenzi ndetse n'abagenzi muri rusange ko bafite uruhare rwo gufasha abanyeshuri muri iki gihe baba benshi ku mihanda berekeza iwabo.

Polisi kandi yasabye abanyeshuri kujya bagira imyitwarire myiza mu gihe cy'ibiruhuko, babikoresha mu gufasha imiryango yabo, gusubiramo amasomo no kuganira n'ababyeyi n'inshuti, aho kwishora mu ngeso mbi.

SSP Kayigi yaburiye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge n'ibindi bikorwa bishobora kubashyira mu byaha cyangwa bikabangiriza ubuzima n'ejo hazaza habo.

Yagize ati: "Ibiruhuko mugiyemo si umwanya wo kwifata uko mubonye ngo mwishore mu ngeso mbi, ahubwo ni igihe cyo kuganira n'ababyeyi, gusubiramo amasomo no gufasha imirimo yo mu rugo. Ntimuzishore mu biyobyabwenge kuko uwabigiyemo aba arimo gushyira ubuzima bwe mu kaga."

Yakomeje asaba abanyeshuri gutanga amakuru ku gihe igihe babonye abantu banywa, batunda cyangwa bacuruza ibiyobyabwenge, kimwe n'abakora ibindi byaha, kugira ngo bikumirwe hakiri kare.

Ku ruhande rw'ababyeyi, Polisi yabasabye gukurikiranira hafi abana babo muri ibi biruhuko, bakamenya aho bari n'abo bagendana na bo, ndetse bakirinda kubaha inzoga batarageza ku myaka 18 y'amavuko.

SSP Kayigi yibutsa kandi ko hari abanyeshuri bamwe bishora mu ngeso mbi bikarangira bateshejwe ishuri ndetse bikagira n'ingaruka zikomeye ku buzima bwabo, asaba urubyiruko kubyirinda no gukomeza guharanira ejo hazaza heza binyuze mu myitwarire myiza n'uburere buboneye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...