Iyi myigaragambyo yo ku rwego rw’igihugu yateguwe cyane
n’urubyiruko rw’aba-Gen Z, igamije kwibuka imyaka ibiri ishize habaye
imyigaragambyo ikomeye yahitanye abantu benshi ubwo abaturage bigaragambyaga
bamagana umushinga wa Leta wo kuzamura imisoro.
Nk’uko tubikesha BBC Gahuzamiryango, mu gitondo
cyo kuri uyu munsi, imihanda minini yinjira muri Nairobi yafunzwe n’inzego
z’umutekano, ibintu byahungabanije urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga, mu
gihe ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byahisemo kudafungura imiryango yabyo kubera
impungenge z’umutekano.
Amashuri menshi na yo yafashe icyemezo cyo guhagarika
amasomo kuri uyu munsi, mu rwego rwo kwirinda ko abanyeshuri bahura n’akaga mu
gihe imyigaragambyo yaba ikomeye.
Iyi myigaragambyo iributsa ibyabaye muri Kamena 2024, igihe
ibihumbi by’Abanyakenya byasesekaraga mu mihanda bamagana umushinga wa Leta
wari ugamije kongera imisoro ku bicuruzwa na serivisi zitandukanye.
Uwo mushinga wari warateje uburakari bukomeye mu baturage,
cyane cyane urubyiruko rwavugaga ko rwari rusanzwe rubayeho mu buzima bugoye.
Ubwo imyigaragambyo yari igeze ku rwego rwo hejuru, bamwe mu
bigaragambyaga binjiye mu nyubako y’Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya, ibintu
byakurikiwe n’imvururu zikomeye hagati yabo n’inzego z’umutekano. Nyuma
y’igitutu gikomeye cyari cyashyizwe kuri Leta, uwo mushinga waje gukurwaho.
Nyamara, n’ubwo uwo mushinga wahagaritswe, ibikomere
byasizwe n’iyo myigaragambyo biracyari bishya mu mitima y’Abanyakenya benshi.
Abateguye imyigaragambyo y’uyu munsi bavuga ko intego yabo nyamukuru ari
ugusaba ubutabera ku bantu barenga 80 bivugwa ko bishwe muri iyo myigaragambyo
no mu bikorwa byo kuyizihiza byabaye nyuma.
Bavuga kandi ko hari abandi benshi bakomerekeye muri iyo
myigaragambyo, mu gihe bamwe mu miryango yabo bavuga ko kugeza ubu batarabona
ubutabera cyangwa ibisobanuro bihagije ku byabaye.
Ubutumwa bwo gushishikariza abaturage kwitabira iyi
myigaragambyo bwakwirakwijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho urubyiruko
rwakoresheje imbuga nka X, TikTok na Instagram mu gutegura ibikorwa byo kwibuka
no gusaba impinduka.
N’ubwo amaso menshi yibanze kuri Nairobi, imyigaragambyo
nk’iyi iteganyijwe no mu yindi mijyi ikomeye irimo Mombasa ndetse no mu bice
bitandukanye byo hagati mu gihugu.
Abasesenguzi bavuga ko imyigaragambyo y’aba Gen Z yahinduye
uburyo urubyiruko rwa Kenya rugira uruhare muri politiki n’imiyoborere, kuko
rwagaragaje ko rushobora gukoresha ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga mu
gutegura ibikorwa bifite ingaruka zikomeye ku byemezo bya Leta.
Mu gihe umutekano wakajijwe hirya no hino muri Nairobi,
benshi bakomeje kwibaza niba imyigaragambyo y’uyu munsi igenda neza, mu mahoro
cyangwa niba ishobora kongera kubyutsa umwuka mubi wabaye mu myaka ibiri
ishize, ubwo igihugu cyinjiye mu bihe bikomeye by’imvururu n’amakimbirane
hagati y’abaturage n’ubutegetsi.
