Platini P muri iyi minsi ufite indirimbo
yitwa ‘Shimuleta’ , benshi bafitiye amatsiko amashusho yayo nyuma yo kumva amajwi
yayo, dore ko ariyo ya mbere azaba ashyize hanze nyuma yo gushyira umukono
ku masezerano n’ikompanyi yo muri Nigeria izamufasha mu kwagura ibikorwa bye.
Abinyujije kuri Instagram (ku munsi w’ejo hashize), yagaragaje ko
ariwe urasusurutsa abaritabira umukino w’uyu munsi ku isaha yo hagati ya saa kumi na
saa kumi n’ebyiri, aho ruraba rwambikanye mu marushanwa y’imikino ya Baskeball, ‘Afrobasketball’, hagati y’u Rwanda na
Guinee mu nzu ngali y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena.
Platini P yagize ati: “Ese nabona abantu
banjye ejo? Vuga uti yego nzaba mpari, niba uhari vuga uti yego tuzakarage
imbavu." Benshi bakaba bagaragaje ko bazabana n’uyu muhanzi kugeza ubu
kubufatanye na One Percent Manager watangiye gusohoka mu bitangazamakuru
binyuranye byo muri Nigeria kimwe na ba Burna Boy, WizKid, Patoranking n’abandi.
Platini yasabye abakunzi be ko barahurira uyu munsi kuri Kigali Arena bakagorora imbavu
Platini mu kinyamakuru kimwe cyo muri Nigeria na Wizkid
Platini mu kinyamakuru cya Nigeria bagaruka ku ndirimbo ye ‘Shimuleta’ batangaza ko yageze hanze
Platini ku rupapuro rumwe na Patoranking
