Mu
butumwa yanyujije kuri konti ye ya Instagram kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 18
Werurwe 2026, Platini yavuze ko kugira ngo abahanzi b’Abanyarwanda batange
umusaruro nk’uwo abanyamahanga batanga, bagomba guhabwa amafaranga akwiye.
Yagize
ati: “Yego! Hari abahanzi bakomeye (mu Rwanda), niba mukeneye ko dukora neza
kurushaho, mutwishyure nk’ayo mubaha (abanyamahanga), hanyuma muzavuge nyuma.”
Ibi
Platini yabivuze nyuma y’igitaramo cya Doja Cat muri BK Arena cyabaye mu ijoro
ryo ku wa kabiri tariki 17 Werurwe 2026.
Iki
gitaramo cyakurikiwe n’ibitekerezo byinshi by’abantu bahamije ko uyu mukobwa wo
muri Amerika yakoze ibidasanzwe ku rubyiniro ku buryo bigoye kubona umuhanzi wo
mu Rwanda wakora nk’ibyo yakoze.
Hari
abagiye kure, ariko bavuga ko mu bijyanye n’imyambarire n’uburyo yaserutse ku
rubyiniro, Alyn Sano na Marina, aribo bahanzikazi bashobora gutera ikirenge mu
cye.
Platini
asanga mu gihe abahanzi b’Abanyarwanda bishyurwa amafaranga angana n’ayo
abanyamahanga bahabwa, nta gushidikanya nabo bashobora gutanga ibitaramo
bidasanzwe, bagahaza abafana babo mu buryo budasanzwe.
Ku
rwego rw’isi, itandukaniro riri hagati y’abahanzi mpuzamahanga n’ab’imbere mu
gihugu riba riragaragara cyane.
Abahanzi
bazwi ku isi, bafite abakunzi benshi kandi bakurura isoko rinini, akenshi
bahabwa amafaranga menshi ku gitaramo kimwe.
Ibi
biterwa n’ubwamamare bwabo, ubushobozi bwo gukurura abafana benshi ndetse n’inyungu
bakorera abategura ibitaramo.
Mu
bihugu bikize cyangwa ku masoko akomeye, abanyamahanga bashobora guhembwa
ibihumbi cyangwa za Miriyoni y’amadolari ku gitaramo kimwe, mu gihe abahanzi
b’imbere mu gihugu bahabwa make bitewe n’ubushobozi bw’isoko ry’aho bakorera
ndetse n’ubwinshi bw’abafana bashobora gukurura.
Hari
abahanzi mpuzamahanga bamaze kuvuga ko itandukaniro mu mishahara hagati
y’abanyamahanga n’ab’imbere mu gihugu ari ikintu gisanzwe, ariko bagaragaza ko
bigomba kugendera ku bushobozi bw’umuhanzi n’impano ye.
Umuraperi
w’icyamamare Cardi B yavuze ko igihe yagiye kuririmbira mu bihugu bitandukanye,
yabonye abahanzi b’imbere mu gihugu bahabwa make kurusha uko yabaga yishyuwe,
kandi ko ari ibintu bisanzwe bitewe n’ubukungu bw’isoko.
Burna Boy yavuze ko igihe cyose ataririmbira muri Afurika cyangwa mu bindi bihugu, ahanini abahanzi bo muri ibyo bihugu batishyurwa nk’uko abanyamahanga bahabwa, kandi ibi bishobora gutuma batitabira gukora ibitaramo bikomeye.

Nyuma y’igitaramo cya Doja Cat muri BK Arena, Platini P yibukije ko abahanzi b’Abanyarwanda bashobora gutanga ibitaramo bidasanzwe iyo bishyuwe amafaranga aboneye, akagaragaza ko amahirwe n’ubwishyu bihindura byinshi ku rubyiniro
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO YA PLATINI P NA NEL NGABO
