Aba
bose ni bo gahunda nshya yiswe ‘Pitch Studio’ igiye kwibandaho, ibaha amahirwe
yo kumenyekanisha ibitekerezo byabo, kubona inkunga ndetse no guhura n’abantu
bashobora kubafasha kubishyira mu bikorwa.
Ni
umushinga wateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) na Arthur Nation
ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi.
Iyi
gahunda yatangijwe ku mugaragaro ku wa 7 Nzeri 2026, ikaba iteganya gutangira
gutambuka mu Ukwakira 2026 ku bitangazamakuru bya RBA birimo Televiziyo Rwanda
(RTV), Radio Rwanda, Magic FM, KC2 ndetse na Radio z’Abaturage.
Igitekerezo
cy’umushinga ntikizongera kuba ikiri mu mutwe gusa
Mu
Rwanda hari abantu bafite ibitekerezo bashaka guhinduramo imishinga ibyara
inyungu, ariko akenshi ikibazo bahura na cyo ni ukubura igishoro cyangwa aho
batangirira.
Pitch
Studio igamije guca kuri iyo nzitizi, igatanga urubuga aho umuntu ufite
igitekerezo cy’umushinga ashobora kukigaragaza imbere y’abantu benshi, agahabwa
amahirwe yo kugishakira inkunga no kugihindura ibikorwa bifatika.
Keza
Lisiane Ceresoli, ushinzwe gukurikirana Pitch Studio muri Arthur Nation, yavuze
ko iyi gahunda yubakiye ku ntego eshatu: gufasha abantu bafite ibitekerezo
kubibyazamo imishinga, gutanga inkunga ku bitekerezo bifite icyizere no guhuza
ba rwiyemezamirimo n’abashobora kubafasha gutera imbere.
Ati:
“Akenshi usanga dufite ibitekerezo byinshi. Ibyo bitekerezo ntabwo bikeneye
miliyoni 100 Frw kugira ngo bitangire gukora. Pitch Studio ni ikiganiro
kigamije gufasha abantu bafite ibitekerezo by’imishinga ibyara inyungu kugira
ngo batangire gukora.”
Ni
ukuvuga ko umuntu utaragera ku rwego rwo kugira sosiyete ikomeye atazafatwa
nk’utagira icyo afite. Ahubwo igitekerezo cye ubwacyo gishobora kuba
intangiriro y’urugendo rwo kubaka umushinga.
Abazitabira bazaba
mu byiciro bibiri
Pitch
Studio izahuza abantu bari mu byiciro bitandukanye, ariko cyane cyane igende ku
matsinda abiri y’ingenzi.
Hari
Dreamers, ari bo bantu bafite igitekerezo cy’umushinga ariko batarabona
ubushobozi bwo gutangira. Bazajya bahabwa umwanya wo gusobanura icyo bashaka
gukora, uko bizakorwa n’impamvu bumva igitekerezo cyabo gifite ubushobozi bwo
kuvamo umushinga wunguka.
Aba
ni bo bazahatana ku nkunga izatangwa muri Season ya mbere.
Hari
kandi Founders, ari bo bantu bamaze gutangiza imishinga cyangwa ubucuruzi,
ariko bakaba bakeneye amahirwe mashya yo kwagura ibikorwa byabo.
Kuri
bo, Pitch Studio izaba nk’urubuga runini rwo kumenyekanisha ibyo bakora no
kubahuza n’abashoramari cyangwa abafatanyabikorwa bashobora kubafasha gutera
indi ntambwe.
Bivuze
ko gahunda itareba gusa umuntu utaratera intambwe, ahubwo inareba n’uwatangiye
ariko ugasanga ikibazo afite ari ukutabona igishoro, abafatanyabikorwa cyangwa
abantu bamumenya.
Mu
gihembwe cya mbere cya Pitch Studio, hateganyijwe inkunga ya miliyoni 15 Frw,
izatangwa na Arthur Nation.
Iyi
nkunga ntizashyirwa ku mubare umwe ugomba guhabwa buri muntu uzatsinda. Ahubwo
izajya ishingira ku byo umushinga runaka ukeneye kugira ngo utangire cyangwa
utere imbere.
Ikindi
cy’ingenzi ni uko iyi nkunga izaba ari inkunga idasaba uyibonye gutanga imigabane
muri sosiyete ye cyangwa kuyisubiza.
Ibi
bishobora gutuma umuntu ufite igitekerezo cyiza ariko udafite igishoro abona
amahirwe yo kugerageza kukibyazamo ibikorwa bifatika, aho gukomeza kukibika mu
bitekerezo.
Abanyarwanda
bazagira uruhare mu guhitamo ibitekerezo bizafashwa
Pitch
Studio ntizaba ari gahunda aho akanama kamwe gusa gahitamo uwagomba guhabwa
inkunga.
Ibi
biha umushinga indi sura, kuko igitekerezo kizajya kigaragarizwa imbere
y’abakurikira gahunda hirya no hino mu Rwanda, abo bantu bakagira uruhare mu
kumenya imishinga ibakora ku mutima cyangwa babona ko ishobora kugira icyo
ihindura.
Ku
rundi ruhande, kuba ibiganiro bizajya bitambuka kuri televiziyo na radiyo bya
RBA bituma uwitabiriye atabona gusa inkunga y’amafaranga, ahubwo anabona
amahirwe yo kumenyekanisha izina rye n’umushinga we imbere y’abantu benshi.
Arthur Nkusi ni we
uzayobora ibiganiro
Ibiganiro
bya Pitch Studio bizajya biyoborwa n’umunyamakuru Arthur Nkusi, uzajya ahura
n’abafite ibitekerezo by’imishinga bakabisobanura, bakerekana icyo bashaka
kugeraho n’uburyo bumva bizakorwa.
Ni
uburyo bwo gufata igitekerezo gishobora kuba cyaragiye kiguma mu mutwe w’umuntu
cyangwa ku rupapuro, kikagishyira ahantu abantu benshi bashobora kukumva,
kukibaza ibibazo no kukibonamo amahirwe.
Abafite
imishinga izatoranywa bazajya bahabwa umwanya wo kuyigaragaza, mu gihe
abakurikira gahunda na bo bazabona amahirwe yo kumenya imishinga mishya iri
kubakwa n’Abanyarwanda bagenzi babo.
RBA ivuga ko Pitch
Studio ari amahirwe ajyanye no kwegera abaturage
Umuyobozi
Mukuru wa RBA, Cléophas Barore, yavuze ko ubufatanye bw’uru rwego na Arthur
Nation bujyanye n’intego ya RBA yo kwegera abaturage, ariko Pitch Studio
ikongeraho ikintu cy’ingenzi: kubafasha kubona amahirwe yo gushyira mu bikorwa
ibitekerezo byabo.
Ati:
“Icyo dushinzwe cya mbere ni uguha abaturage amakuru mu buryo bwihuse kandi
bwizewe. Ariko binyuze muri Pitch Studio, noneho birajyana n’uburyo bwo
kurangira abantu amahirwe, tubahe n’urubuga.”
Yavuze
ko RBA isanzwe ifite ibiganiro bigamije gufasha abaturage kumenya uko bakwiteza
imbere, ariko Pitch Studio ikazaba itandukanye kuko izongeraho uburyo bwo
gufasha bamwe kubona inkunga yo gushyira mu bikorwa ibyo batekereza.
Si amafaranga
gusa: ni no guhuza ibitekerezo n’amahirwe
Icyo
Pitch Studio ishaka gukora kirenze gutanga amafaranga ku mushinga umwe cyangwa
ibiri.
Ni
gahunda ishaka kubaka umuco wo gutinyuka gutangira, cyane cyane ku bantu bafite
ibitekerezo ariko bakaba bumva ko nta bushobozi bafite bwo kubishyira mu
bikorwa.
Kuri
ba rwiyemezamirimo bamaze gutangira, ni amahirwe yo kubereka imbere
y’abashoramari bashobora kubona ko ibyo bakora bifite ubushobozi bwo kwaguka.
Ku
bafite ubushobozi bwo gushora imari na bo, ni urubuga rwo kubona imishinga
mishya ishobora kuba itaramenyekana cyane.
Bityo,
Pitch Studio ishaka kuba ihuriro hagati y’igitekerezo, igishoro, umushoramari
n’umuguzi w’icyo mushinga ushobora gutanga.
Ushaka kwitabira
Pitch Studio watangirira he?
Abanyarwanda
n’abatuye mu Rwanda bafite ibitekerezo by’imishinga cyangwa bamaze gutangiza
ubucuruzi bashaka kwagura bashobora gusaba kwitabira iyi gahunda.
Kwiyandikisha
bikorwa kuri www.pitchstudio.rw , aho
usaba amahirwe yo gutoranywa.
Pitch
Studio ije mu gihe aho gutunga igitekerezo cyiza byonyine bitagihagije. Ikibazo
gikomeye ku bantu benshi ni ukumenya aho bakura ubushobozi bwo kugihindura
igikorwa.
Kuri
bamwe, miliyoni nke zishobora kuba intangiriro y’ubucuruzi bwagutse. Kuri
bamwe, icyo babura si amafaranga gusa, ahubwo ni umuntu ubereka aho batangirira
cyangwa umushoramari wemera igitekerezo cyabo.
Pitch Studio irashaka gutanga urwo rubuga: gutinyuka igitekerezo, kukigaragaza, kubona inkunga cyangwa umufatanyabikorwa, hanyuma igitekerezo kikava mu mutwe kikajya mu bikorwa.
Abafite ibitekerezo by’imishinga yaheze mu nyandiko no mu
mutwe bagiye gufashwa kubishyira mu ngiro binyuze mu kubaha inkunga y’igishoro
cyangwa kubahuza n’abafite amafaranga yo gushora mu mishinga.

‘Pitch
Studio’, ni gahunda igamije gufasha ba rwiyemezamirimo bafite imishinga ikiri
mu bitekerezo ndetse n’iyatangiye ariko ifite ikibazo cy’ubushobozi bwo kwagura
ibikorwa.

Binyuze muri #PitchStudio, hazajya habaho ikiganiro kizajya kiyoborwa n’umunyamakuru Nkusi Arthur, ahurize hamwe abafite ibitekerezo by’imishinga, babisobanure, hatoranywemo ibishobora kuba bitanga icyizere, bihabwe inkunga y’amafaranga

Arthur Nkusi yavuze ko hazashyirwaho uburyo kandi bw’uko n’abakurikiye icyo kiganiro babasha kuba bahitamo imishinga bashobora kwegera bakayitera inkunga

Iki kiganiro kizajya gitambuka ku bitangazamakuru byose bya RBA [ni ukuvuga Televiziyo Rwanda, KC2, Radio Rwanda, Magic FM na Radio z’Abaturage

Umuyobozi ushinzwe gukurikirana umushinga wa ‘Pitch Studio’ muri Arthur Nation, Keza Lisiane Ceresoli, yavuze ko ari umushinga wubakiye ku nkingi eshatu zirimo gutanga inama ku bafite ibitekerezo bibyara imishinga, gutanga inkunga ndetse no gutanga urubuga rwo kumenyekana no guhura n’abashoramari

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA , Cléophas Barore, yavuze ko ubufatanye bw’uru rwego na Arthur Nation, buje gukomeza gushyigikira intego yarwo yo kwegera abaturage binyuze muri gahunda ya RBA Hafi Yawe, ariko noneho bakaba babasha no gufashwa kubona inkunga yo gushyira mu bikorwa ibitekerezo byabyara imishinga baba bafite

Murindabigwi Yvan wari uhagarariye Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi muri uyu muhango, yavuze ko 'Pitch Studio' yiyongereye muri gahunda bafite nka Minisiteri zo gushyigikira urubyiruko

Umunyamakuru Luckman Nzeyimana wari umusangiza w'amagambo mu gutangiza gahunda ya "Pitch Studio"


