Pitbull arashaka kwandikwa muri Guiness World Record binyuze mu kwambara ingofero

Imyidagaduro - 18/02/2026 7:24 AM
Share:

Umwanditsi:

Pitbull arashaka kwandikwa muri Guiness World Record binyuze mu kwambara ingofero

Umuraperi w’icyamamare ku Isi, Pitbull, yatangaje ko afite umugambi wo kwandika amateka mashya muri Guinness World Records, abifashijwemo n’abafana be bazitabira igitaramo cye kizabera i Londres mu Bwongereza.

Uyu muhanzi w’imyaka 45, uzwi ku izina rya Mr. Worldwide, arashaka gushyiraho agahigo “k’itsinda rinini kurusha ayandi ry’abantu bambaye ingofero zisa n’umusatsi wogoshwe (bald caps)”. Ibi azabikora mu gitaramo aho azaba ari we muhanzi mukuru muri BST Hyde Park ku wa 10 Nyakanga 2026, i Londres mu Bwongereza.

Icyo gitekerezo cyaturutse ku muco umaze iminsi ugaragara mu bitaramo bye, aho abafana benshi baza bambaye “bald caps”, amadarubindi manini (aviators) ndetse n’amakoti abakwiriye neza, bigana uko Pitbull asanzwe agaragara ku rubyiniro.

Nyuma y’uko umunyamakuru wa BBC Radio 1 Breakfast, Greg James, ashyigikiye igitekerezo cyo gushaka guca agahigo ku Isi, byahise bihinduka umugambi wemewe.

Kugeza ubu, nk’uko bigaragara mu bubiko bwa Guinness World Records, nta gahigo kari kabanje gushyirwaho muri iki cyiciro, bivuze ko Pitbull n’abafana be bashobora kuba aba mbere mu mateka bazandikwa.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Pitbull yashimiye abafana be bamaze igihe bamugaragariza urukundo mu buryo budasanzwe.

Yagize ati “Buri gihe iyo mwambaye iyo ngofero (bald cap), muba mugiye kugira ibihe byiza kurusha ibindi mu buzima bwanyu. Ndabashimira ku rukundo, ku kwitanga no ku mpoza ku mutima.”

Yasabye abazitabira igitaramo ku wa 10 Nyakanga 2026, kuzaza bambaye izo ngofero, kandi zikaba zifashe neza ku mutwe, umusatsi winjijwe imbere n’inyuma ku buryo byubahiriza amabwiriza yateganyijwe n’abategura igitaramo.

Iki gikorwa kirenze kuba guca agahigo gusa; ni uburyo bwo guhuza abafana be mu mwuka umwe w’ibirori no kwishimira umuziki we mu buryo budasanzwe.

Pitbull asanzwe azwiho gususurutsa imbaga no gutuma ibitaramo bye biba ibirori by’akataraboneka.

Nibiba, uyu muhanzi azaba yanditse izina rye mu mateka ya Guinness World Records atari ku bw’indirimbo gusa, ahubwo no ku bw’igikorwa cyihariye cyahuje imbaga y’abafana be bambaye ingofero zisa n’umusatsi wogoshwe.

Ku wa 10 Nyakanga, i Londres hazaba hategerejwe kureba niba “Mr. Worldwide” azaba “Mr. World Record” mushya!

Armando Christian Pérez wamamaye nka Pitbull ni umwe mu bahanzi bageze kure bavuye muri Hip-Hop yo ku muhanda wa Miami bakagera ku rwego mpuzamahanga.

Yatangiye kumenyekana mu ntangiriro z’imyaka ya 2000, aza gushyira hanze album ye ya mbere “M.I.A.M.I.” mu 2004, yamufashije kwinjira mu muziki wa Amerika byeruye.

Mu myaka yakurikiyeho, Pitbull yakoze impinduka zikomeye mu muziki we, ava mu njyana ya Rap yinjira mu muziki wa Pop na Dance.

Album nka “Rebelution” (2009) na “Planet Pit” (2011) zamuhesheje indirimbo zakunzwe ku Isi yose zirimo “I Know You Want Me”, “Give Me Everything” na “Timber”. Izi ndirimbo zamufashije kwinjira ku rutonde rwa Billboard no gucurangwa henshi kuri Radio mpuzamahanga.

Izina rya “Mr. Worldwide” yarihawe kubera uko umuziki we wakunzwe ku migabane itandukanye, ndetse akorana n’abahanzi bakomeye barimo Jennifer Lopez na Christina Aguilera, ibintu byamufashije kurushaho kwagura isoko rye.

Uyu munsi, Pitbull azwi nk’umuhanzi w’indirimbo z’ibirori, ususurutsa imbaga aho anyuze hose. Urugendo rwe rugaragaza ko kwagura imitekerereze no kugendana n’igihe bishobora gutuma umuhanzi ava ku rwego rw’igihugu akagera ku rwego rw’Isi.

Pitbull yatangaje ko ashaka kwinjira muri Guinness World Records binyuze mu gikorwa kidasanzwe cyo guhuriza hamwe abantu benshi bambaye “bald caps” mu gitaramo cye kizabera i Londres


Mu gitaramo cye cya BST Hyde Park, Pitbull arashaka guca agahigo ko kuba umuhanzi wahuje abantu benshi kurusha abandi bambaye ingofero zisa n’umusatsi wogoshwe, ibintu bishobora kumuhesha umwanya mushya muri Guinness World Records


Kuva ku ndirimbo z’ibirori kugeza ku kwandika amateka, Pitbull yabaye ikimenyabose ku isi, aho yanahawe akabyiniriro ka “Mr. Worldwide”


Nta wundi uraca aka gahigo kugeza ubu, ariko Pitbull n’abafana be bariteguye kwinjira mu mateka binyuze mu kwambara “bald caps” mu gitaramo kizaba ku wa 10 Nyakanga 2026 i Londres


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...