Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Pilate yavuze ko ibintu byose byatangiriye ku
gitaramo gikomeye cyabereye muri BK Arena tariki ya 1 Mutarama 2026, aho Bruce
Melodie yari yahuriyemo na The Ben mu gitaramo cyaciye ibintu ku mbuga
nkoranyambaga no mu myidagaduro y’u Rwanda.
Pilate
yavuze ko icyo gihe yafashe iya mbere mu gushyigikira Bruce Melodie haba mbere
y’igitaramo, mu gihe cyacyo ndetse na nyuma yacyo, ariko ko icyo atari azi ari
uko uko kwitanga kwe kwari kuzamubyarira amahirwe atunguranye.
Uyu
munyarwenya yavuze ko nyuma y’icyo gitaramo, Bruce Melodie ubwe yamuhamagaye
amutumira iwe mu rugo kugira ngo amushimire uburyo yamubaye hafi mu gihe benshi
bari bakurikiye cyane uko ibintu byari byifashe hagati ye na The Ben.
Pilate
yavuze ko icyo gikorwa cyamukoze ku mutima cyane, kuko atari yiteze ko umuhanzi
nka Bruce Melodie yakwibuka umuntu wamushyigikiye akagera aho anamwakira iwe.
Yavuze
kandi ko Bruce Melodie atamushimiye mu magambo gusa, ahubwo ko yanamuhaye
amafaranga yamufashije gukomeza urugendo rw’ubuzima bwe ndetse akanabona ko
ibyo akora hari abantu babiha agaciro.
Mu
magambo ye, Pilate yagaragaje ko hari abantu benshi bakunze gutekereza ko
gushyigikira umuntu wigeze kukugirira neza nta musaruro bitanga, ariko ko kuri
we byahinduye byinshi.
Uyu
munyarwenya yavuze ko mu mezi atatu ashize yari amaze atagaragara cyane mu
bitaramo bya Gen-Z Comedy kubera akazi yari ahugiyemo ko kuzenguruka igihugu
aterera urwenya abanyeshuri mu bigo bitandukanye by’amashuri.
Yasobanuye
ko aka kazi yakabonye binyuze ku muntu wamubonye muri BK Arena ashyigikira
Bruce Melodie mu buryo budasanzwe.
Ati: “Akazi nakubwiye namazemo amezi atatu ko kuzenguruka igihugu mu bigo
by’amashuri nakabonye kubera Bruce Melodie. Uriya mukire wampaye akazi afana
Bruce Melodie.”
“Twahuye
ahantu arambwira ati ‘Pilate narakubonye rwose uri muri BK Arena ushyigikiye
Bruce Melodie.’ Arambwira ati ‘ndagukunda kandi nanjye nkunda Bruce Melodie.’
Arongera ati ‘ukuntu wigaragaje mu bya Bruce Melodie, nanjye ndashaka ko uzaza
muri ibi bitaramo.’”
Pilate
yavuze ko ayo magambo yamweretse ko hari igihe umuntu ashobora gukora ikintu
atagamije inyungu, ariko nyuma kikamufasha mu buryo atatekerezaga.
Yakomeje
avuga ko kuba yarabashije kubona akazi kamutwaye amezi atatu azenguruka igihugu
ari ibintu afata nk’umugisha yakesha cyane Bruce Melodie ndetse n’uburyo
yamushyigikiye nta buryarya.
Uyu
munyarwenya yavuze kandi ko nyuma yo kubona uburyo abafana ba Bruce Melodie
bamwakiriye ndetse n’amahirwe yabikuyemo, yiteguye gukomeza kuba hafi y’uyu
muhanzi no mu bindi bitaramo ateganya gukora hirya no hino mu Ntara z’u Rwanda.
Pilate
yavuze ko muri ibi bitaramo Bruce Melodie ateganya gukorana na The Ben, na we
azaba ahari nk’umwe mu bazafasha mu gususurutsa abazabyitabira.
Yagaragaje
ko yamaze no gushyiraho ikipe y’abafana be bwite yise “Munyakazi”, avuga ko
bafite ubushake bwo gukomeza gushyigikira ibikorwa bya Bruce Melodie aho azajya
ajya hose.
Mu minsi ishize, abakunzi ba Gen-Z Comedy bakunze kwibaza impamvu Pilate yari amaze igihe atagaragara muri ibi bitaramo bisanzwe biba buri gihe, ariko amagambo ye yahise asobanura ko yari ahugiye mu kazi k’igihe kinini kari kamaze kumufungukira bitewe n’uburyo yigaragaje mu gushyigikira Bruce Melodie.

Pilate yatangaje ko gushyigikira Bruce Melodie byamuhesheje akazi katumye amara amezi atatu atagaragara muri Gen-Z Comedy

Pilate yavuze ko yiteguye gukomeza kuba hafi ya Bruce Melodie kuko yabonye ko ari umuhanzi uzirikana ibikorwa by’abafana be

Pilate ari mu bategerejwe mu gitaramo cya Gen-z Comedy kizaba ku wa Kane tariki 28 Gicurasi 2026 muri Camp Kigali. Ni igitaramo kizahuzwa no kwizihiza urugendo rwa Muhinde wasoje amasomo ya Kaminuza
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO KIRAMBUYE TWAGIRANYE NA PILATE
VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda
