Phil Emon yavuze ku busabe bwa Ishimwe Clement bwagejeje ku ndirimbo na Nel Ngabo

Imyidagaduro - 22/08/2025 8:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Phil Emon yavuze ku busabe bwa Ishimwe Clement bwagejeje ku ndirimbo na Nel Ngabo

Umuhanzi Phil Emon yagaragaje ko gukorana indirimbo “Delicious” na Nel Ngabo ari kimwe mu bintu bikomeye mu rugendo rwe rw’umuziki, ashimangira ko byose byaturutse ku busabe bwa Ishimwe Clement wabonye indirimbo ayikunze, agasaba ko yayikorana na Nel Ngabo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Phil Emon yasobanuye ko yari amaze gukora indirimbo ye “Delicious” ndetse anateganya kuyisohora, ubwo Clement yamuhamagaraga amusaba guhura nabo ngo bayikorere hamwe.

Yagize ati “Yego! Ubwo niteguraga gusohora ‘Delicious’ mu kwezi kwa gatanu nibwo bampamagaye, bambwira ko bayikunze, bansaba ko twaganira tukayisubiranamo na Nel Ngabo.”

Akomeza ati “Nk’umuntu wari uzi icyo bivuze gukora indirimbo nziza ukayikorana n’abahanga, nabyumvise cyane dutangira umushinga gutyo. Byadusabye kuyisubiramo yose ikorwaho na Clement muri ‘Audio Production.”

Uyu muhanzi avuga ko kuba Nel Ngabo yaraje mu ndirimbo ye byari ibintu bidasanzwe kuri we, kuko byatanze ireme n’imbaraga mu buryo bw’umuziki we.

Ku bijyanye n’impamvu indirimbo yasohotse idafite amashusho, Phil Emon yavuze ko byari umwanzuro watekerejweho neza, kuko bahisemo kubanza gushyira hanze amajwi mu gihe hakomeje kwitegurwa amashusho.

Ati: “Twabanje kuyitanga amajwi, turacyakurikirana ibijyanye n’amashusho kugira ngo bizagende neza kandi bigere ku rwego rwiza.”

Yongeraho ko iyi ndirimbo ayibona nk’ifite umwanya ukomeye mu rugendo rwe rw’umuziki. Avuga ati “Ni indirimbo nini iri gushyira itafari rikomeye ku rugendo rw’umuziki wanjye.”

“Delicious” ni imwe mu ndirimbo Phil Emon yizera ko izamufasha gukomeza kwinjira mu mitima y’abakunzi b’umuziki nyarwanda, cyane ko yakozwe n’inararibonye mu muziki nka Ishimwe Clement, ndetse ikaba irimo ijwi rikomeye rya Nel Ngabo umaze igihe agaragaza ubuhanga mu njyana ya Afrobeat na RnB.

Uyu musore yavukiye mu karere ka Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda ari naho yigiye amashuri ye yisumbuye, mbere y’uko we n’umuryango we bimukira i Kigali.

Avuga ko yakuze yiyumvamo umuziki, ku buryo yakunze kuririmbira abantu batandukanye no kwandika indirimbo bigatuma abantu bamubwira ko afite impano. Ati “Nahisemo gukora umuziki kuko nakuze ari byo bintu nkunda kandi mbonamo icyerecyezo cyanjye."

Mu ntego afite, harimo gukora umuziki uzatuma ahagararira u Rwanda ndetse n’Afurika muri rusange. Kandi yumvikanisha ko afite benshi afatiraho urugero.

Mu myaka itatu ishize ni bwo uyu muhanzi yashyize hanze indirimbo ye ya mbere yise 'Ring' akomereza ku ndirimbo 'Woow', 'Oooh', 'Love', 'Listen', 'You' ndetse na 'I'm Good'.


Nel Ngabo winjiye mu ndirimbo “Delicious” ya Phil Emon ku busabe bwa Ishimwe Clement

Phil Emon wasubiyemo indirimbo ye “Delicious” kugira ngo ayikorane na Nel Ngabo

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ‘DELICIOUS’ YA PHIL EMON NA NEL NGABO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...