Peter Okoye yahinduye itariki y’amavuko, ashyira iherezo ku byo yasangiraga n’impanga ye

Imyidagaduro - 21/04/2026 6:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Peter Okoye yahinduye itariki y’amavuko, ashyira iherezo ku byo yasangiraga n’impanga ye

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Peter Okoye wamamaye nka Mr P, yatangaje ko yahinduye itariki yizihizaho isabukuru y’amavuko, ibintu byafashwe nk’ikimenyetso gikomeye cy’uko yamaze gutandukana burundu n’impanga ye Paul Okoye.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Mbere, Mr P yavuze ko atazongera kwizihiza isabukuru ku wa 18 Ugushyingo nk’uko byari bisanzwe ku mpanga zombi.

Yagize ati “Ndabishyize ku mugaragaro. Tariki ya 18 Ugushyingo si bwo nzongera kwizihiriza isabukuru yanjye. Ndabasaba ko nta butumwa cyangwa impano nzakira kuri uwo munsi.”

Yakomeje asobanura ko yafashe icyemezo cyo kwimurira isabukuru ye ku wa 30 Ugushyingo, ashimangira ko ari icyemezo cye bwite.

Ati “Uhereye ubu, isabukuru yanjye izajya yizihizwa ku wa 30 Ugushyingo. Ni icyemezo cyanjye bwite, kandi ndabashimira uko muzabyumva.”

Iki cyemezo kije gikurikira umwuka mubi umaze igihe hagati ye n’impanga ye Paul ndetse n’umuvandimwe wabo mukuru Jude Okoye, wigeze no kuba umujyanama wabo mu muziki.

Aba bahanzi bombi bahoze bagize itsinda rikomeye rya P-Square ryamamaye muri Afurika no ku Isi, ariko baje gutandukana bitewe n’amakimbirane ashingiye ku micungire y’umutungo, imiyoborere ndetse n’ibibazo by’icyizere hagati yabo.

Nubwo bongeye kwiyunga mu 2021 ibintu byasaga n’ibisubira mu buryo, ntibyatinze kongera kuzamba.

Peter yagiye ashinja Paul na Jude kumusuzugura no kumwima uburenganzira ku mutungo wabo, mu gihe Paul we yigeze kuvuga ko Peter yabatanzeho amakuru mu kigo gishinzwe kurwanya ruswa n’ibyaha by’imari muri Nigeria, kizwi nka Economic and Financial Crimes Commission (EFCC).

Aya makimbirane yongeye gufata indi ntera muri Kamena 2025, ubwo Peter yatangazaga ko yamaze gucana umubano burundu n’umuryango we, by’umwihariko abavandimwe be.

Guhindura itariki yizihizaho isabukuru byafashwe na benshi nk’ikimenyetso gikomeye cy’uko uyu muhanzi atakiri mu murongo umwe n’impanga ye, ndetse ko ari indi ntambwe nshya mu buzima bwe bwo kwigenga, yaba mu muziki no mu mibereho ye bwite.

 

Guhindura itariki y’amavuko kwa Mr P byafashwe nk’ikimenyetso cy’itandukaniro rikomeye na Paul Okoye



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...