Ibi
yabigezeho ku Cyumweru mu irushanwa rya London Marathon, aho yegukanye umwanya
wa mbere akoresheje igihe cya 01:59:30, ibintu byahise bihindura amateka y’iri
siganwa ndetse no ku rwego rw’isi.
Mu
muhango wo kumushimira wabereye muri State House i Nairobi, Perezida William
Ruto yahaye uyu mukinnyi sheki ebyiri zose hamwe zingana na Ksh miliyoni 8 [90,464,396.24 Frw], aho
imwe yari ifite agaciro ka Ksh miliyoni 5 indi ikaba Ksh miliyoni 3, zahawe
Sawe mu izina rya guverinoma ya Kenya.
Uretse
ayo mafaranga, Sebastian Sawe yanahawe imodoka nshya yo mu rwego rwo hejuru,
ndetse anahabwa n’icyapa cyihariye cy’imodoka (customised number plate)
cyanditseho nimero “1:59:30”, ari cyo gihe yakoresheje mu mateka akomeye mu mukino
wa marathon.
Perezida
Ruto yavuze ko iki gikorwa cya Sawe ari amateka atari amateka ya Kenya gusa, ahubwo ari intambwe ikomeye ku bantu bose.
Ibi byongeye gushimangira ko icyo gikorwa cya Sawe atari intsinzi isanzwe mu mukino gusa, ahubwo ari ishusho y’aho ubushobozi bw’umuntu bushobora kugera iyo afite intego n’imbaraga.
Igihe Sawe yakoresheje cya 01:59:30 cyamugize umuntu wa mbere ukoze Marathon mu gihe kiri munsi y’amasaha abiri mu marushanwa yemewe, ibintu byari bimaze igihe kirekire bifatwa nk’ibigoye kugerwaho.
Yarenzeho
agahigo kari gafitwe na nyakwigendera Kelvin Kiptum wari warakoresheje amasaha
2 n’amasegonda 35 (2:00:35) mu 2023.
Agarutse
mu gihugu cye, Sawe yakiriwe mu buryo budasanzwe ku Kibuga cy’Indege
Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta International Airport, aho imbaga y’abantu yari
yaje kumwakira, barimo abayobozi, inshuti n’umuryango we.
Indege
ya Kenya Airways yamuzanye yakiriwe mu cyubahiro hifashishijwe ‘water cannon
salute’, mu gihe ababyinnyi n’abacuranzi bari bateguye ibirori byo kumwakira.
Ababyeyi
be bakoze urugendo rw’amasaha atandatu kugira ngo baze kumushyigikira kuri uwo
munsi w’amateka.
Se
wa Sawe, Simeon Sawe, yavuze ko umuhungu we yari yarabasezeranyije ko azaca
agahigo, ati: “Yari afite umuhate n’icyizere ko azabigeraho. Uyu munsi
turabyishimiye cyane.”
Mu
ijambo rye, Sawe yashimiye abamushyigikiye bose, agaragaza ibyishimo
by’ikirenga yatewe n’uko yakiriwe n’Abanya-Kenya.
Iki
gikorwa cya Sebastian Sawe cyongeye gushimangira ubuhangange bwa Kenya mu
mukino wo gusiganwa ku maguru, ndetse kinaha icyizere ko imbibi z’ubushobozi
bwa muntu zikomeza gusunikwa uko imyaka ishira.


