Perezida wa Koreya y’Epfo yasabye iperereza ku isezererwa ry’ikipe y’igihugu mu gikombe cy’Isi

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 29/06/2026 7:10 AM
Share:

Umwanditsi:

Perezida wa Koreya y’Epfo yasabye iperereza ku isezererwa ry’ikipe y’igihugu mu gikombe cy’Isi

Perezida wa Koreya y’Epfo, Lee Jae Myung, yasabye Minisiteri y’Umuco, Siporo n’Ubukerarugendo gukora iperereza ryimbitse ku mpamvu zatumye ikipe y’Igihugu isezererwa hakiri kare mu matsinda mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga X, Perezida Lee yavuze ko yatunguwe cyane n’umusaruro mubi w’iyi kipe, ashimangira ko hari amafaranga menshi ya Leta yashowe mu myiteguro no kwitabira iri rushanwa, bityo hakaba hakenewe kumenya icyagenze nabi no gushyiraho ingamba zo kwirinda ko byazongera kubaho.

Yagize ati: "Ntabwo natunguwe gusa n'ibi byabaye, ahubwo byanteye urujijo rukomeye. Minisiteri ikwiye gukora iperereza ryimbitse ku byabaye, igasesengura impamvu ndetse igategura ingamba zo kuvugurura imiyoborere ya siporo."

Nyuma y'aya magambo ya Perezida, umutoza mukuru w'ikipe y'Igihugu, Hong Myung-bo, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye, avuga ko ari we wemera inshingano zose z'uko ikipe ititwaye neza.

Yagize ati: "Ntabwo byari byoroshye kwemera aka kazi, ariko nakoze ibishoboka byose. Ubu mfashe icyemezo cyo kwegura kandi nemera inshingano zose z'uko twitwaye muri iri rushanwa."

Hong Myung-bo, wabaye umwe mu bakinnyi b'ibihe byose bakomeye muri Koreya y'Epfo, yari yaragizwe umutoza w'iyi kipe mu 2024 ndetse ayigeza mu Gikombe cy'Isi idatsinzwe mu mikino yo gushaka itike.

Icyakora, muri iri rushanwa mu matsinda Koreya y'Epfo yakoreye amanota atatu gusa mu mikino itatu yakinnye. Yatsinze Czech Republic, itsindwa na Mexico ndetse na Afurika y'Epfo, bityo inanirwa kugera muri 1/16.

Perezida Lee yanongeye kunenga uburyo Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Koreya y'Epfo (KFA) ryahisemo Hong Myung-bo nk'umutoza, agaragaza ko bishoboka ko ubushobozi butahawe agaciro uko bikwiye mu ifatwa ry'icyo cyemezo.

Kugeza ubu, Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Koreya y'Epfo ntiriragira icyo ritangaza ku byo Perezida yavuze no ku iyegura rya Hong Myung-bo.

Umutoza wa Koreya y'Epfo yahise yegura nyuma y'uko perezida w'iki gihugu asabye ko hakorwa iperereza ku cyatumye basezererwa mu gikombe cy'Isi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...