Perezida Kagame yarebye umukino w’amateka wa PSG na FC Bayern Munich

Imikino - 29/04/2026 6:26 AM
Share:

Umwanditsi:

Perezida Kagame yarebye umukino w’amateka wa PSG na FC Bayern Munich

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yarebye umukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League 2025/2026 Paris Saint-Germain yakinnyemo na FC Bayern Munich.

Kuri uyu wa Kabiri saa Tatu z’ijoro kuri Parc des Princes nibwo Paris Saint-Germain yakiriye FC Bayern Munich mu mukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League.

Uyu mukino warangiye PSG ibifashijwemo na Ousmane Dembele, Kvicha Kvratskhelia na Joao Neves itsinze FC Bayern Munich ibitego 5-4. 

Iyi kipe yo mu Budage yo yatsindiwe na Harry Kane, Michael Olise, Dayot Opamecano na Luis Diaz. Uyu mukino wakurikiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Umukuru w’Igihugu yanahuye na Perezida wa PSG, Al-Khelaifi ubundi amuha umwambaro w’iyi kipe yo mu Bufaransa ifite igikombe giheruka cya Champions League.

Perezida Kagame yari yanakurikiye umukino ubanza wa 1/8 cya UEFA Champions League PSG yari yakiriyemo Chelsea.

Kuva muri 2019 ni bwo u Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Paris Saint Germain aho ijambo Visit Rwanda rigaragara ku mwambaro w’iyi kipe mu myitozo, n’uwo yambara mbere y’imikino no ku kibuga Parc des Princes n’ibindi. Aya masezerano aheruka kongerwa kuzageza muri 2028.

Perezida Kagame akurikira umukino wa PSG na FC Bayern Munich 


Nasser Al-Khelaifi yahaye umwambaro Perezida Kagame 






Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...