Perezida wa Guinée Mamadi Doumbouya yibarutse umukobwa

Hanze - 02/09/2026 3:48 PM
Share:

Umwanditsi:

Perezida wa Guinée Mamadi Doumbouya yibarutse umukobwa

Perezida wa Guinée, Mamadi Doumbouya, yatangaje ko we n’umugore we bibarutse umwana w’umukobwa.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X ku wa 2 Nzeri 2026, Perezida Doumbouya yavuze ko umwana yavutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, ahagana saa 2:00 za mu gitondo.

Yagize ati: “Imana ishimwe, njye n’umugore wanjye twishimiye kwakira umwana w’umukobwa.”

Perezida Doumbouya kandi yavuze ko umufasha we n’umwana bameze neza, ashimira Imana ndetse n’ababakurikiraniye hafi muri iki gihe.

Yashimiye kandi abaturage ba Guinée ku masengesho yabo, avuga ko yabashimiye ku nkunga n’urukundo bakomeje kugaragariza umuryango we.

Ati: “Ku baturage banjye, amasengesho yanyu yabanye na twe, mwarakoze. Imana ihe umugisha ingo zanyu nk’uko yawuhaye urwanjye.”

Uyu mwana abaye umwana wa 5 mu muryango wa Perezida Mamadi Doumbouya, wari usanzwe afite abana bane. Perezida Mamadi Doumbouya yashyize umukono kuri ubwo butumwa yifuriza abaturage imigisha, nyuma yo kubagezaho inkuru y’ivuka ry’umwana we w’umukobwa.


Perezida wa Guinée Mamadi Doumbouya yibarutse umwana w’umukobwa

 




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...