Perezida wa Colombia ari gukorwaho iperereza muri Amerika ku byo gukorana n’abacuruza ibiyobyabwenge

Ubukungu - 22/03/2026 9:28 AM
Share:

Umwanditsi:

Perezida wa Colombia ari gukorwaho iperereza muri Amerika ku byo gukorana n’abacuruza ibiyobyabwenge

Perezida wa Colombia, Gustavo Petro, ari mu mazina avugwa mu iperereza ryatangiye gukorwa n’abashinjacyaha bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bakekwaho kureba niba hari aho yaba yarigeze ahura cyangwa akorana n’abacuruza ibiyobyabwenge.

Aya makuru yatangajwe bwa mbere na The New York Times yavuze ko hari iperereza riri gukorwa n’abashinjacyaha bo mu mujyi wa Brooklyn na Manhattan, hashingiwe ku bantu bafite amakuru kuri izi dosiye.

Nubwo izo raporo zivuga ko Perezida Petro atari we uri gukurikiranwaho icyaha ku giti cye, iperereza riri kwibanda ku bucuruzi bw’ibiyobyabwenge muri Amerika y’Epfo.

Gusa, hari amakuru avuga ko abo bashinjacyaha bari kureba niba uyu mukuru w’igihugu yarigeze ahura n’abacuruza ibiyobyabwenge ndetse akabasaba inkunga mu gihe cyo kwiyamamaza kwe mu matora ya 2022. Icyakora, Al Jazeera ntirabasha kwemeza aya makuru mu buryo bwigenga.

Petro yahakanye ibyo ashinjwa

Nyuma y’aya makuru, Perezida Petro yahise asohora itangazo ku rubuga rwa X ahakana yivuye inyuma ibyo ashinjwa. Yagize ati: “Muri Colombia nta perereza na rimwe ririho ku bijyanye n’imibanire yanjye n’abacuruza ibiyobyabwenge, kubera impamvu yoroshye: sinigeze mu buzima bwanjye mvugana n’umucuruzi w’ibiyobyabwenge.”

Yanavuze ko mu gihe cyo kwiyamamaza, yabujije abayobozi b’ibikorwa bye kwakira inkunga iva ku banyamabanki cyangwa ku bacuruza ibiyobyabwenge. Ati: “Nabwiye abayobozi b’ibikorwa byanjye byo kwiyamamaza kutazigera bakira inkunga iva ku banyamabanki cyangwa ku bacuruza ibiyobyabwenge.”

Petro akomeza avuga ko iri perereza rizarangira rimuhanaguriye izina, anashinja abatavuga rumwe na we muri politiki ya Colombia gukwirakwiza ibi birego.

Ati: “Iperereza riri muri Amerika rizamfasha gusenya ibirego by’abanyapolitiki bo mu ruhande rw’iburyo muri Colombia, bo ubwabo bafitanye isano ya hafi n’abacuruza ibiyobyabwenge.”

Kugeza ubu, Petro nta cyaha arashinjwa ku mugaragaro, kandi iperereza riracyari mu ntangiriro nk’uko byatangajwe.

Gusa abasesenguzi ba politiki bavuga ko igihe iri perereza rijeho rifite icyo risobanuye, kuko riri kuba hasigaye amezi make ngo habe amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe ku wa 31 Gicurasi.

Umusesenguzi Sergio Guzman yavuze ko: “Iyo ibi biba byabaye icyumweru kimwe mbere y’icyiciro cya mbere cy’amatora, byafatwa nk’igikorwa cyo kuyivangamo. Ibi bisa n’ubutumwa bwerekana uko Amerika ishobora kugira uruhare ku musaruro w’amatora.”

Perezida Petro amaze igihe atavuga rumwe na Perezida wa Amerika, Donald Trump, kuva yagaruka ku butegetsi mu 2025. Umubano wabo warushijeho kuzamo ubushyamirane nyuma y’igitero Amerika yagabye muri Venezuela ikanata muri yombi Perezida wayo, Nicolas Maduro, ku byaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge.

Nyuma y’icyo gikorwa, Trump yanavuze amagambo yatunguranye ubwo yabazwaga niba Amerika yakora igikorwa cya gisirikare kuri Colombia, agira ati: “Byanshimisha.”

Icyakora, nyuma y’aho bombi bagiranye ibiganiro byo kugabanya ubushyamirane, ndetse Petro yaje kujya gusura White House muri Gashyantare 2026. Kimwe mu bituma aba bayobozi batavuga rumwe ni uburyo bwo kurwanya ibiyobyabwenge.

Colombia ni cyo gihugu cya mbere ku isi mu gukora cocaine, ibintu byatumye ubuyobozi bwa Trump bunenga uburyo bwa Petro bwo gushaka ibiganiro n’imitwe yitwaje intwaro.

Ku rundi ruhande, Petro yanenze uburyo Amerika ikoresha imbaraga za gisirikare, avuga ko hari aho biba bisa n’ubwicanyi.

Urugero ni uko Amerika imaze gutera ibisasu ku mato akekwaho gutwara ibiyobyabwenge mu nyanja ya Caribbean no mu Nyanja ya Pacific, aho abantu 159 bamaze kuhasiga ubuzima, harimo n’Abanya-Colombia.

Abasesenguzi bavuga ko ibikorwa bya Amerika byatumye abayobozi bo muri Amerika y’Epfo bagira impungenge, bibaza niba ubusugire bw’ibihugu byabo butari mu kaga.

Umuhanga mu mategeko Rodrigo Pombo Cajiao yavuze ko: “Buri muyobozi wa politiki muri aka karere yashyizwe ku rundi rwego rwo kwitwararika nyuma y’ifatwa rya Maduro.”

Yongeyeho ko Colombia ishobora kuba iri mu byago byo gukurikiranwa n’ubutabera bwa Amerika kubera ko ari yo iza imbere mu gukora cocaine ku isi.

Kugeza ubu, ishyaka rya Petro rizwi nka Historic Pact riri imbere mu matora ateganyijwe, aho umukandida waryo Ivan Cepeda ari we uyoboye mu mibare y’agateganyo n’amajwi agera kuri 35%.

Iri perereza rishobora kugira ingaruka ku cyerekezo cya politiki ya Colombia, cyane cyane mu gihe igihugu cyitegura amatora akomeye azagena ahazaza hacyo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...