Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Nyakanga 2026 muri Stade Amahoro mu kiganiro n’abanyamakuru gitegura CECAFA Kagame Cup 2026 igiye kubera i Kigali kuva tariki ya ya 24 Nyakanga kugeza tariki ya 7 Kanama 2026.
Paulos Weldehaimanot Andemariam yavuze ko inkunga n'ubwitange bwa Perezida Kagame byatumye iri rushanwa rikomeza kubaho n'ubwo ryagiye rihura n'imbogamizi zitandukanye mu myaka yashize.
Yavuze ko mu izina rya CECAFA, ashimira Guverinoma y'u Rwanda, by'umwihariko Perezida Paul Kagame, ku ruhare yagize mu gukomeza gushyigikira amarushanwa y'amakipe yo mu karere.
Yagize ati: "Mu izina rya CECAFA, ndashimira byimazeyo Guverinoma y'u Rwanda, by'umwihariko Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ku bwitange bwe no gukomeza gushyigikira iri rushanwa ry'amakipe. Turabizi ko iri rushanwa rimaze imyaka ryitirirwa izina rye kandi inkunga ye yagize uruhare rukomeye mu gutuma rikomeza kubaho."
Yakomeje avuga ko nubwo CECAFA Kagame Cup yagiye ihura n'ibihe bitandukanye, ubu bafite intego yo kurigira rimwe mu marushanwa akomeye y'amakipe ku mugabane wa Afurika. Ati: "Twagize ibihe byiza n'ibitoroshye, ariko kuva ubu intego yacu ni ukugira CECAFA Kagame Cup rimwe mu marushanwa akomeye y'amakipe muri Afurika."
Perezida wa CECAFA yanashimiye Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku buryo ryateguye neza iri rushanwa, agaragaza ko yizeye ko rizagenda neza ndetse rikarushaho guhuza amakipe yo mu Karere.
CECAFA Kagame Cup y’uyu mwaka izabera mu Rwanda kuva ku wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga kugeza tariki ya 7 Kanama 2026 nyuma y’uko yahaherukaga muri 2019.
Uyu mwaka izitabirwa n’amakipe 12 agabanyije mu matsinda atatu. Amakipe y’u Rwanda azarikina ni APR FC na Rayon Sports.
Imikino ifungura CECAFA Kagame Cup ya 2026 ni yo mu Itsinda A, aho yombi izabera muri Stade Amahoro ku wa Gatanu. Guhera Saa Cyenda, Vipers FC yo muri Uganda izakina na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti.
Umukino wo muri iryo tsinda uzaba utegerejwe na benshi kuri uwo munsi uzahuza APR FC yo mu Rwanda na Gor Mahia yo muri Kenya guhera Saa Moya z’umugoroba.
Uko amatsinda ahagaze muri CECAFA Kagame Cup 2026
Itsinda A: APR FC (Rwanda), Vipers SC (Uganda), Gor Mahia (Kenya), FC Garde Republicaine (Djibouti).
Itsinda B: Singida Big Stars (Tanzania), Simba SC (Tanzania), Jamus (Sudani y’Epfo) na Mogadishu City (Somalia).
Itsinda C: Al Hilal SC (Sudani), Rayon Sports (Rwanda), Tusker FC (Kenya) na KVZ SC (Zanzibar).
