Perezida Samia Suluhu yiyemeje kurera uruhinja rwatereranywe

Ubuzima - 11/03/2026 2:10 PM
Share:

Umwanditsi:

Perezida Samia Suluhu yiyemeje kurera uruhinja rwatereranywe

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yakiriye mu muryango we uruhinja rw’umukobwa rwari rwatereranywe mu mujyi wa Nzega, mu Ntara ya Tabora, arwita Grace Samia Suluhu.

Uyu mwana w’uruhinja yabonetse ku wa 17 Mutarama 2026 hafi ya Kasulu Guest House i Nzega. Nyuma yo kuboneka, yahise ajyanwa kwa muganga kugira ngo akorerwe isuzuma ry’ubuzima no kwitabwaho byihuse, mu gihe inzego z’ubuyobozi zatangiye gushakisha nyina ariko birangira atabonetse.

Uyu mwana yashyikirijwe Perezida Samia mu birori byabereye ku Biro by’Umukuru w’Igihugu (State House) i Chamwino mu mujyi wa Dodoma, aho yashyikirijwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nzega, Naitapwaki Tukai.

Uyu muyobozi yavuze ko ubuyobozi bw’akarere bwakoranye n’inzego za Polisi kugira ngo uwo mwana ahabwe ubuvuzi n’uburinzi kuva umunsi yabonekeyeho.

Nyuma yo kwakira uwo mwana, Perezida Samia yavuze ko ari ngombwa ko ababyeyi birinda guta abana babo, ahubwo bakabageza ku nzego zibishinzwe cyangwa mu bigo byita ku bana, kugira ngo babashe kwitabwaho mu buryo bukwiye.

Yagize ati: “Abata abana babo ntibaba bazi ibyo bakora. Aho guta umwana, byaba byiza umushyikirije inzego z’amategeko cyangwa ibigo byita ku bana. Buri mwana uvutse ni uw’agaciro, kandi ntitumenya ejo hazaza he.”

Perezida Samia yanatangaje ko kwakira uyu mwana mu muryango we ari umugisha kuri we.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yagize ati “Muri iki gitondo nagize umugisha wo kurera Grace Samia Suluhu. Grace ni uruhinja rwatereranywe mu mujyi wa Nzega mu Ntara ya Tabora. Buri mwana uvutse ni umugisha ku muryango mugari w’abantu.”

Yakomeje avuga ko Leta ndetse n’abaturage bose bafite inshingano zo kugira uruhare mu kurera, kurinda no gukunda abana, kuko ari bo bazaba ejo hazaza h’igihugu.

Igikorwa cya Perezida Samia cyo kwakira no kurera uyu mwana cyakuruye ibiganiro byinshi muri Tanzania ku bijyanye no kurengera uburenganzira bw’abana no gushishikariza abantu gutanga amakuru igihe habonetse abana batereranywe.

Abayobozi bakomeje gusaba abaturage kwirinda guta abana babo, ahubwo bagashaka ubufasha ku nzego zibishinzwe cyangwa ibigo byita ku bana kugira ngo barindwe kandi bahabwe uburere buboneye.

Perezida Samia yakiriye mu muryango we Grace Samia Suluhu, uruhinja rwatereranywe i Nzega yiyemeza ku rwitaho


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...