Ku itariki ya 7 Nyakanga
2025, ubwo hizihizwaga umunsi wa Saba
Saba (umunsi uzwi mu mateka ya Kenya nk’uwatangiriyeho urugamba rwo guharanira
demokarasi), imyigaragambyo yabaye ku rwego
rw’igihugu yahitanye abantu 31
nk’uko Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu muri Kenya yabitangaje, naho Polisi
ikavuga ko abaguye muri iyo myigaragambyo ari 11.
Uretse abo bapfuye,
haravugwa abandi barenga 500 batawe
muri yombi, ndetse ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byasenywe cyangwa
bigasahurwa mu turere twinshi tw’igihugu.
Imvo n’imvano y’imyigaragambyo
Imyigaragambyo ikomeje
muri Kenya yatangiye mu 2024 ubwo abaturage bigaragambyaga bamagana umushinga
w’itegeko rishya ry’imisoro ku bicuruzwa by’ibanze. Icyo gihe byahise bifata
indi sura, bihinduka imyigaragambyo isaba ko Perezida Ruto yegura, bamwe batangira
kumuhamagarira kuva ku butegetsi, bavuga ko atari agikwiye kuyobora igihugu.
Ibyo byose byaje gufatwa
nko guhungabanya umutekano w’igihugu na guverinoma ya Ruto, we ubwe avuga ko
hari abayobozi batavuga rumwe n'ubutegetsi bari inyuma y’iyi myigaragambyo. Yaburiye abo
bayobozi ko bazakurikiranwa n’inzego z’umutekano, anavuga ko Polisi ifite
uburenganzira bwo “kurasa mu maguru” abigaragambya barimo kwangiza ibikorwa
by’abandi.
Mu magambo ye, Ruto
yagize ati:
Yakomeje agira ati:
Urupfu rwa Albert Ojwang rwatije umurindi imyigaragambyo
Bimwe mu byavugishije
benshi, harimo urupfu rw’umwarimu akaba n’umunyamakuru Albert Ojwang wari uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka X
(Twitter) na Facebook, aho yaziraga amagambo akomeye yatuye ku bayobozi barimo
n’Umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi.
Ojwang yatawe muri yombi muri
Kamena 2025 mu mujyi wa Homa Bay, nyuma y’iminsi mike bivugwa ko yitabye Imana
ari mu maboko ya Polisi. Bivugwa ko urupfu rwe rwatewe n’imvune zo gukubita
urukuta rw’akabati k’ifungwa, nk’uko inzego zabivuze, ariko abaturage
ntibabyemeye, bituma imyigaragambyo irushaho gukara.
Inzego z'umutekano ziragerwa amajanja
Perezida Ruto ntiyazuyaje
gukomoza ku bantu bagerageza gukanga inzego z’umutekano, aburira abashaka
kugaba ibitero kuri Polisi n’ahakorerwa imirimo yayo, agira ati:
Umubano mubi hagati y’urubyiruko na Leta
Imyigaragambyo ikomeje
kugaragaramo urubyiruko, cyane cyane abibasiwe n’ubushomeri n’ibura
ry’amahirwe. Benshi mu bigaragambya bararirimba bati “Ruto must go” cyangwa “wantam.”
Ibi bigaragaza ko hari icyuho gikomeye hagati ya rubanda n’ubuyobozi buriho.
Icyizere cy’amahoro kiracyari kure
Nubwo Leta ivuga ko iri
gukora ibishoboka byose ngo isubize ibintu mu buryo, umwuka w’amakimbirane
uracyari mwinshi, kuko abaturage benshi bavuga ko bagifite ibibazo by’ubukungu,
ruswa n’akarengane bikorwa n’inzego z’umutekano.
Nubwo Perezida Ruto afite
ubushobozi bwo kuguma ku butegetsi binyuze mu Nteko Ishinga Amategeko imushyigikiye,
hari impungenge ko uburyo bwo gukoresha imbaraga bwemerewe Polisi bushobora
gukomeza gutiza umurindi amakimbirane n’ihungabana ry’imibanire hagati
y’abaturage n’ubuyobozi.