Yabitangaje ku wa Mbere, mbere y'igihe ntarengwa cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Kamena 2026, cyari cyashyizweho n'amwe mu matsinda arwanya abimukira, yasabaga abanyamahanga badafite ibyangombwa byemewe n'amategeko kuba bamaze kuva muri Afurika y'Epfo. Icyo gihe ntarengwa ariko nticyashyizweho na Leta.
Nk'uko BBC Gahuzamiryango yabitangaje, mu byumweru bishize abantu babarirwa mu bihumbi bakomoka mu bindi bihugu bya Afurika bari bamaze kuva muri Afurika y'Epfo kubera ubwoba bw'uko bashobora kugirirwa nabi mu gihe imyigaragambyo ikomeje gufata indi ntera.
Muri abo harimo umugabo ukomoka muri Malawi wari utuye muri Afurika y'Epfo mu buryo butemewe n'amategeko. Yatangarije BBC ko yishimiye gusubira iwabo ari muzima, ariko ko bibabaje kuba asize abana be bane bakiri bato muri Afurika y'Epfo.
Mu butumwa bwe asanzwe ashyira ahagaragara buri cyumweru, Perezida Ramaphosa yongeye kwibutsa abaturage ko abanyamahanga bose batari mu gihugu mu buryo bunyuranyije n'amategeko.
Yagize ati: "Bamwe mu banyamahanga baba muri Afurika y'Epfo bari hano mu buryo bwemewe n'amategeko. Barakora, bariga, batunze imiryango yabo, bashora imari mu bukungu bwacu kandi batanga umusanzu ukomeye mu iterambere rya sosiyete. Na bo bafite uburenganzira bwo kurindwa n'amategeko n'Itegeko Nshinga ryacu."
Yakomeje avuga ko nubwo abaturage bafite uburenganzira bwo kwigaragambya no gutanga ibitekerezo byabo, ibyo bitagomba guhinduka urwitwazo rwo gutera ubwoba abandi cyangwa gukora ibikorwa by'urugomo.
Ati: "Uburenganzira bwo kwigaragambya n'ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo ntibwemerera umuntu gutera ubwoba abandi, kwitwaza ibikangisho cyangwa gukora ibikorwa byo kwangiza no gukoresha urugomo."
Nubwo Perezida Ramaphosa yemera ko hakiri ibibazo mu micungire y'abinjira n'abasohoka mu gihugu kandi ko hakenewe amavugurura muri urwo rwego, yashimangiye ko ibyo bigomba gukemurwa hubahirizwa amategeko.
Imibare ya Leta ya Afurika y'Epfo igaragaza ko muri iki gihugu habarurwa abanyamahanga barenga miliyoni eshatu bafite ibyangombwa bibemerera kuhatura no kuhakorera mu buryo bwemewe n'amategeko.
Mbere y'uko iki gihe ntarengwa kigera, abimukira benshi bari bamaze ibyumweru batuye mu nkambi z'agateganyo cyangwa bashaka uko basubira mu bihugu byabo, kubera impungenge z'umutekano wabo mu gihe imyigaragambyo yamaganaga abanyamahanga yakomezaga gukaza umurego.
Iyi myigaragambyo yongeye kuzamura impaka ku bibazo by'abinjira mu gihugu, ubushomeri n'umutekano, ibintu bimaze imyaka bitera ubushyamirane hagati ya bamwe mu baturage ba Afurika y'Epfo n'abimukira baturuka mu bindi bihugu bya Afurika.
