Ibi
yabivuze ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025, ubwo yari kumwe
n’umufasha we Janet Museveni akaba na Minisitiri w’Uburezi n’Imikino, mu
muhango wo kumurika “Yoweri Music Album” wabereye i Speke Resort Munyonyo i
Kampala.
Ni
igikorwa cyateguwe n’ishyirahamwe ry’abahanzi rya Uganda National Musicians
Federation (UNMF) riyobowe na Edrisa Musuza uzwi nka Eddy Kenzo.
Perezida
Museveni yashimiye Eddy Kenzo ndetse na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye
y’Agaciro, Hon. Phiona Nyamutoro, ku ruhare rwabo mu guhuza urwego rw’ubuhanzi.
Yavuze ko nubwo Leta idashobora gukora byose, ishobora gutanga uruhare rukomeye
mu guteza imbere uru rwego.
Yagaragaje
ko yishimiye indirimbo ziri kuri album zizakoreshwa mu kumwamamaza mu gihe cy’amatora,
ziri mu ndimi gakondo zituruka mu bice bitandukanye bya Uganda, avuga ko
umuziki ari “ubutunzi bwihishe” igihugu gifite kandi agiye kuwushyigikira.
Museveni
yagize ati “Nishimiye indirimbo gakondo; umuziki ni mwiza cyane, ndawukunda. Ni
ubutunzi bukomeye, kandi nzabushyigikira.”
Yongeyeho
ko guhera ubwo NRM yafataga ubutegetsi yabanje gushyira imbere ibyangombwa
nk’ubuzima n’amahoro, ariko ubu ibintu byamaze gutungana, igihe kigeze ngo
ubuhanzi nabwo buhabwe umwanya wihariye.
Yijeje
abahanzi agira ati “Tuzabashyigikira, ndetse n’iyo mwaba mushaka Miliyari 20
cyangwa 30 Frw, nk’ishoramari rimwe gusa.”. Miliyari 30 z'amashilingi yemereye Abahanzi bo muri Uganda, arangana na Miliyari 12 z'amafaranga y'u Rwanda.
Mu
ijambo rye, Eddy Kenzo yashimiye Perezida Museveni wemeye ubutumire bwabo,
avuga ko iyi album bayiteguye nk’ikimenyetso cy’ishimwe.
Yavuze
ko umuziki n’inganda ndangamuco muri rusange bidashobora gutera imbere
hatabayeho amahoro, ashimira Perezida Museveni wabiharaniriye.
Kenzo
yavuze ati “Perezida Museveni ni we muntu ukora cyane kurusha undi wese
nabonye. Akora inama zitagira ingano, akora ibishoboka byose kugira ngo igihugu
kigire amahoro n’iterambere.”
Yibukije
urugendo rwe nk’umwana wabayeho mu mihanda utize amashuri menshi, ariko abasha
kwiyubakira izina rikomeye abikesha impano ye n’amahirwe igihugu cyamuhaye.
Kenzo
yasobanuye ko inkunga Guverinoma imaze gutanga binyuze muri UNMF yamaze
kugirira abahanzi akamaro, kuko yafashije gushinga inzu z’umuziki mu bice
bitandukanye, kubaka ibikorwaremezo rusange no gukomeza SACCO yabo, ku buryo
buri muhanzi wo hirya no hino mu gihugu ashobora kubyungukiramo.
Uyu
muhango wari witabiriwe na ba Minisitiri batandukanye, Abadepite, abajyanama mu
muziki, abahanzi, abanyarwenya, abashoramari mu myidagaduro n’abandi
bafatanyabikorwa b’urwego rw’ubuhanzi muri Uganda.
Perezida
Museveni yijeje abahanzi bo muri Uganda miliyari 12 Frw nyuma y’amatora, aha yishimiraga Album yakorewe izakoreshwa mu gihe cy'amatora
Eddy
Kenzo yashimiye Perezida Museveni ku ruhare rwe mu guteza imbere amahoro
n’ubuhanzi, aha yari kumwe n'umugore we Phiona
UNMF
iyobowe na Eddy Kenzo yagaragaje ko inkunga ya Leta yamaze kubafasha gushinga
inzu z’umuziki no gukomeza SACCO
‘Yoweri
Music Album’ yamurikiwe i Munyonyo yitabirwa n’abahanzi abanyarwenya
abanyapolitiki n’abashoramari mu myidagaduro