Ibi
yabigarutseho ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y'Umushyikirano ku nshuro ya 20
kuri uyu wa Kane muri Kigali Convention Centre.
Perezida
Kagame yavuze ko iyi Nama ikomeje kuba umusemburo w’iterambere kuko ibiganirirwamo
n’imyanzuro ifatirwamo ifasha Igihugu gutera intambwe igana imbere. Yavuze ko
kandi ifite icyo imariye Igihugu ndetse ibaye kenshi kandi buri uko ibaye
ibyaganiriwemo, ibyemezo byafashwe bifasha Igihugu gutera
intambwe ndende iganisha ku bindi bikorwa.
Perezida Kagame yavuze ko Inama
y’Umushyikirano ari ibiganiro bigamije kwibutsa ibikwriye kuba bikorwa.
Yavuze ko Abayobozi bakwiriye gufata
inshingano kugira ngo igihe nikigera babazwe ibyo bakora.
Tubazwe tuti 'wemeye izi
nshingano, izi nshingano zisaba ibi turabizi. Wahawe amikoro ameze atya mu
nyungu z’Abanyarwanda bose, ibyo wabigenje ute. Ayo mikoro wayakoresheje ute?
Wayagize ayawe gusa cyangwa wayakoresheje ku buryo bigera ku bo byari
bigenewe'”.
Perezida Kagame yavuze ko kubazwa
ibyo ushinzwe ndetse byaba ngombwa ukabyishyura mu gihe hari ibyo utakoze neza
uri umuyobozi nta kubinyura ku ruhande.
Arakomeza ati: "Kubazwa ibyo dushinzwe tukabisobanura ndetse byaba ngombwa tukabyishyura igihe tudashoboye kubisobanura uko byakoreshejwe kuri izo nyungu rusange. Kandi bikunze kubaho kenshi ndetse rimwe na rimwe ntibamenyekane cyangwa ibyo bakoze bitari byo ntibimenyekane ariko aho byamenyekanye umuntu akwiye kubibazwa, akwiye kubihanirwa ndetse”.
Perezida Kagame yerekanye ko Inama y’Igihugu y'Umushyikirano ifite icyo imariye igihugu
Inama y'Umushyikirano yitabiriwe n'Abayobozi mu nzego nkuru zitandukanye
