Ibi
yabigarutseho ku wa 14 Gicurasi 2026, ubwo yitabiraga inama mpuzamahanga ya
‘Global Citizen NOW Summit’ yabereye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika, aho yitabiriye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Iyi
nama yagarukaga ku buryo ibitekerezo bishobora guhinduka amahirwe afatika
ndetse no kubaka ubushobozi bw’abaturage n’ibihugu binyuze mu guhanga udushya
no gushora imari mu nzego zitandukanye zirimo n’ubuhanzi.
Mu
ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwihutiye kwakira gahunda ya
Move Afrika kuko rwabonaga ubushobozi ifite bwo guteza imbere uruganda
rw’imyidagaduro n’ubuhanzi muri Afurika.
Yasobanuye
ko gushora imari mu buhanzi bidakwiye gufatwa nk’imyidagaduro gusa, ahubwo ko
ari imwe mu nzira zikomeye zo guteza imbere ubukungu bw’igihe kirekire.
Ati: “Ku Rwanda no kuri Afurika muri rusange, gushora imari muri uru rwego ni uburyo
bwo guhindura impano n’ibitekerezo by’abahanzi isoko y’iterambere rirambye
ry’ubukungu. Gahunda nka Move Afrika ni ingenzi cyane kuko iri kudufasha
kwegera intego yo kubaka uruganda rw’umuziki n’imyidagaduro rukora kinyamwuga
kuva hasi kugeza hejuru.”
Perezida
Kagame yavuze ibi mu gihe biteganyijwe ko urwego rw’ubuhanzi n’imyidagaduro
muri Afurika ruzaba rufite agaciro ka miliyari 200 z’amadolari ya Amerika
bitarenze mu mwaka wa 2030.
Move
Afrika yatangiriye mu Rwanda mu Ukuboza 2023, binyuze mu gitaramo gikomeye
cyabereye muri BK Arena cyatanzwemo umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Hip Hop,
Kendrick Lamar.
Iki
gitaramo cyasize amateka mu myidagaduro yo mu Rwanda no muri Afurika
y’Iburasirazuba kubera uburyo cyateguwe ku rwego mpuzamahanga ndetse
n’ubwitabire bw’abafana.
Nyuma
yaho, muri Gashyantare 2025, gahunda ya Move Afrika yongeye kugaruka i Kigali
binyuze mu gitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena ku bufatanye
bw’umuryango Global Citizen. John Legend yashimishije abakunzi b’umuziki mu
gitaramo cyagaragaje ko Kigali ikomeje kuba igicumbi cy’ibitaramo mpuzamahanga.
Mu
Werurwe 2026 naho, Doja Cat yataramiye bwa mbere mu Rwanda muri BK Arena, mu
gitaramo cyitabiriwe n’imbaga y’abakunzi b’umuziki ndetse n’abanyacyubahiro
batandukanye barimo Madamu Jeannette Kagame.
Ibi
bitaramo byose byabereye mu Rwanda binyuze muri gahunda ya Move Afrika biri
gufatwa nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwo gushyira Afurika ku ikarita y’Isi mu
bijyanye n’ibitaramo n’inganda z’imyidagaduro.
U
Rwanda rukomeje kugaragaza ko rwifuza kuba icyicaro cy’ibikorwa bikomeye
by’ubuhanzi n’imyidagaduro ku rwego mpuzamahanga, aho abayobozi bavuga ko uru
rwego rushobora kuba imwe mu nkingi z’ubukungu nk’uko bimeze mu bindi bihugu
byateye imbere.
‘Move
Afrika’ ni umushinga uzamara igihe kirekire, ukubiyemo kuzenguruka ku Mugabane
wa Afurika n'abahanzi mpuzamahanga.
Uyu
mushinga ugizwe n’ubukangurambaga buyobowe n'abaturage bugamije gukangurira
abayobozi gufata ingamba ku bibazo bikomeye bikigaragara ku Mugabane wa
Afurika. Bimwe mu bibazo by'ingenzi birimo:
Kongera
inkunga mu kigega cyita ku buzima, hibandwa cyane cyane ku bagore n’abakobwa;
gukemura ikibazo cyo kwangiza ibidukikije n'ingaruka zabyo ku kwihaza mu
biribwa; gukemura ikibazo cyo kutabona amahirwe y'ubukungu ku bisekuruza
bizaza; no gushishikariza abaturage kugira uruhare mu bibakorerwa.
Move
Africa yubakiye ku bukangurambaga n’ibikorwa bya Global Citizen byayibanjirije
ku Mugabane wa Afurika birimo: Global Citizen: Mandela 100, yazanye Beyoncé,
Jay-Z, Ed Sheeran, Usher, Eddie Vedder na Chris Martin wo muri Coldplay i
Johannesburg, South Africa mu 2018;
Global
Citizen Live: Lagos yagaragayemo Davido, Femi Kuti, na Tiwa Savage muri Fela Kuti’s
New Africa Shrine mu 2021; n'Iserukiramuco Global Citizen Festival: Accra,
ryazanye Usher, SZA, Stormzy, na TEMS muri Black Star Square mu 2022.
Mu
kugeza ubunararibonye budasanzwe ku bafana n’abahanzi, Move Afrika izashyiraho
ibikorwa bishya by’imyidagaduro bigera ahantu hatandukanye, yongere abahanzi
mpuzamahanga n’abo mu karere bashaka kuzenguruka mu bihugu bitandukanye byo mu
karere, kandi hubakwe ubushobozi mu mijyi itandukanye yo ku Mugabane wa Afurika
aho ibi bitaramo bizajya bibera.
Urwego
rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ruherutse gutangaza ko inama mpuzamahanga
n’ibitaramo (MICE – Meetings, Incentives, Conferences and Exhibitions)
byabereye mu Rwanda mu mwaka wa 2025 byinjije miliyoni zisaga 94.7 z’amadolari
ya Amerika, bikomeza gushimangira umwanya w’u Rwanda nk’igihugu kiyoboye mu
kwakira ibirori mpuzamahanga muri Afurika.
Ibi
byagarutsweho mu Raporo ya RDB ya 2025, igaragaza intambwe ikomeye igihugu
gikomeje gutera mu guteza imbere ishoramari, ubukerarugendo, ubucuruzi n’imitangire
ya serivisi, binyuze mu mavugurura atandukanye no gukomeza gushyira imbere
ishoramari ry’abikorera.
Mu
2025, u Rwanda rwanditse imishinga y’ishoramari igera kuri 799 ifite agaciro ka
miliyari 2.62$, izamuka ivuye kuri 612 yariho mu 2024. Iyi mishinga iteganijwe
kuzatanga akazi ku bantu barenga 38,000, aho cyane cyane iy’imitungo
itimukanwa, inganda n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ariyo yayoboye.
Raporo
igaragaza ko Foreign Direct Investment (FDI) yageze kuri miliyoni 872.9$ mu
2024, izamuka rya 21.8% ugereranyije na miliyoni 716.5$ za 2023. Ibi bikaba
bikomeje kugaragaza icyizere cy’abashoramari mu Rwanda.
Ubukerarugendo
nabwo bwakomeje gutanga umusaruro, aho bwinjije miliyoni 685$, buvuye kuri
miliyoni 647$ mu 2024. Iri zamuka ryatewe ahanini n’abasura pariki zo kureba
ingagi, ndetse n’ibindi bikorwa bishya by’ubukerarugendo.
Urwego
rwa MICE ruri mu zikomeje gutera imbere cyane, aho rwinjije miliyoni 94.7$ mu
2025, izamuka iva kuri miliyoni 84.8$ mu 2024.
Ibi
byatewe n’ibikorwa bikomeye byabereye mu Rwanda birimo: Shampiyona y’Isi
y’Amagare (UCI Road World Championships 2025), Move Afrika: Kigali yahuje
ibyamamare nka John Legend, Mobile World Congress, Basketball Africa League
(BAL Season 5), n’ibindi bikorwa mpuzamahanga bikomeye.

Perezida Kagame yagaragaje ko Move Afrika yatangiye kwereka Afurika ko ubuhanzi bushobora kuba ubukungu bukomeye
Perezida Paul Kagame yitabiriye iyi nama ya 'Global Citizen NOW Summit' yabereye i New York, ku wa 14 Gicurasi 2026 hifashishijwe ikoranabuhanga
