Nk'uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n'Ibiro bya Minisitiri w'Intebe ku wa 30 Nyakanga 2026, hashingiwe ku biteganywa n'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 112, Perezida wa Repubulika yagize:
Iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.
Aya mavugurura mu buyobozi aje mu rwego rwo gukomeza guteza imbere urwego rw'ubwikorezi bwo mu kirere no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'umushinga wa Airport City, umwe mu mishinga minini igihugu giteganya gutezamo imbere ibikorwa by'ubucuruzi, ubukerarugendo n'ishoramari rishingiye ku bwikorezi bwo mu ndege.
Brig. Gen. Innocent Munyengango Umuyobozi Mukuru (Chief Executive Officer) wa Aviation Travel and Logistics Holding Limited (ATL).

Jules Muheto Ndenga Umuyobozi Mukuru (Chief Executive Officer) w'ikigo gishinzwe guteza imbere Airport City.
