Perezida Kagame yashimye imikinire y’Amavubi

Imikino - 01/04/2026 9:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Perezida Kagame yashimye imikinire y’Amavubi

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yavuze ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimye imikinire y’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi.

Ibi yabigarutseho ejo ku wa Kabiri ubwo yarimo aganira n’Abagize Amavubi abashimira nyuma y’uko bitwaye neza begukana igikombe cya FIFA Series 2026.

Minisitiri Mukazayire yashimiye Stephen Constantine avuga ko nubwo yari afite igihe gito cyo gutegura ikipe, yagaragaje impinduka zifatika.

Ati: “Ndashimira cyane umutoza mushya. Kuza ugasanga ufite icyumweru kimwe gusa cyo gutegura ikipe, kandi hari ibyitezwe byinshi, ntibyari byoroshye. Ariko mwashoboye guhindura imikinire y’ikipe ku buryo bugaragara, hamwe n’abungiriza n’itsinda ryose rya tekinike.”

Yakomeje ashimira abakinnyi ubwabo, agaragaza ko berekanye umukino ushimishije kandi ugaragaza impano bafite. Ati:“Ibyo twabonye ku kibuga byari byiza cyane. Nubwo ntari umukinnyi w’umupira, ndi umufana wawo kuva kera.

Byari bishimishije kubona uko mwakinnye, by’umwihariko umukino wa kabiri wari ukomeye cyane. Mwagaragaje ko mufite impano ni byo bisabwa kugira ngo mube aba mbere.”

Minisitiri wa siporo yavuze ko Umukuru w’igihugu yavuze ko umukino berekanye ari mwiza. Ati: ”Iyo wicaranye na Perezida akavuga ngo uyu mukino wari mwiza, biba bigaragaza byinshi. Ni umuntu ukunda siporo kandi uyishyigikira cyane. Byari ishema kubona ikipe ihinduka igatanga ibyishimo nk’ibyo.”

Minisitiri Mukazayire kandi yashimye uburyo abakinnyi bashya bakiriwe neza mu ikipe, agaragaza ko ari ikimenyetso cy’ubumwe n’indangagaciro z’Abanyarwanda.

Ati: “Turashimira abakinnyi bashya n’uburyo mwakiriwe neza n’abandi. Ibi bigaragaza uwo turi we nk’Abanyarwanda n’ubwoko bwa siporo dushaka kubaka.”

Yijeje abakinnyi ko ubuyobozi buzakomeza kubashyigikira, ndetse anatangaza ko hari n’igihembo bazahabwa nk’ikimenyetso cyo kubashimira.

Ati: “Ntabwo bizagarukira ku magambo gusa. Mu minsi iri imbere muzabibona no kuri konti zanyu. Nubwo mutakinnye mubitewe n’ibyo, ni uburyo bwo kubashimira no kubatera imbaraga.”

Nelly Mukazayire yavuze ko hari gahunda yo kurushaho kwegera imiryango y’abakinnyi, kubera uruhare rukomeye igira mu iterambere ryabo.

Minisitiri wa Siporo yavuze ko Perezida Kagame yashimye imikinire y'Amavubi 

Nelly Mukazayire yashimiye Amavubi 

Perezida Kagame na Minisitiri wa Siporo bashimye imikinire y’Amavubi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...